Umutwe wa SPLM-N (Sudan People’s Liberation Movement-North) uyobowe na Abdel Aziz al-Hilu warekuye kuri uyu wa Kabiri ushize abasirikare 11 bo mu Ngabo za Sudani bari bafungiye mu gace kagenzurwa n’uyu mutwe muri Kordofan y’Amajyepfo.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri nk’uko tubikesha Sudantribune, uyu mutwe wavuze ko abasirikare barekuwe hari hashize umwaka urenga ubafashe.
Iri tangazo ryagize riti: “Izi mfungwa (za gisirikare) zari zinjiye mu turere twabohoje, bitwaje intwaro kandi bambaye imyenda ya gisirikare n’ibimenyetso byabo ndetse n’amapeti ya gisirikare”.
Ku ruhande rwabwo, Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani (UNITAMS) bwasohoye itangazo ryemeza irekurwa ry’abasirikare ba Sudani.
Mu itangazo UNITAMS yavuze ko “yoroheje iyimurwa ry’imfungwa 11 zari zifungiye mu turere tugenzurwa na SPLM-N,”
UNITAMS yongeyeho iti: “Ubu abagabo cumi n’umwe bongeye guhura n’imiryango yabo mu gihe dutangiye ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan.”
SPLM-N yavuze ko irekurwa ryabo ryemejwe mu rwego rwo kwerekana ko bashimira uruhare UNITAMS n’umuyobozi wayo, Volker Perthes, bagira mu rwego rwo gufasha Abanyasudani kuva mu bibazo igihugu kirimo.
Guverinoma y’abasivili yashyizweho nyuma yo gusenyuka kw’ubutegetsi bwahozeho (bwa Omar Bashir) yari yemeye urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa mu turere twigaruriwe n’inyeshyamba muri Kordofan y’Amajyepfo.


