Sudani: Impande zikomeje kurwanira ubutegetsi zigiye gusubukura ibiganiro

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Sudani (SAF) ndetse n’umutwe wa Rapid Support Forces bamaze amezi 6 bahanganye, bagiye gusubukura ibiganiro muri iki cyumweru mu Mujyi wa Jeddah muri Arabia Saoudite nk’uko byatangajwe n’umwe mu bagize Akanama k’Ubusugire bwa Sudani kayoboye igihugu.

Ibi bije nyuma y’aho intumwa z’Igisirikare cya Sudani zikuye mu biganiro byari bihagarikiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Arabia Saoudite mu kwezi kwa karindwi nk’uko tubikesha Anadolu Agency.

Ubwo yagezaga ijambo ku basirikare ba Sudani muri Port Sudan, Lt. Gen. Shams Aldin Alkabashi, yatangaje ko igisirikare cyabonye ubutumire bw’abunzi kandi yemeza ko ibiganiro bizasubukurwa ku wa Kane.

Ati: “Ibiganiro bizatangirana n’ibibazo by’ubutabazi, harimo no gutanga ubufasha mu turere turimo intambara. Icyiciro cya kabiri kizaba kirimo kuganira ku guhagarika imirwano kandi icyiciro cya nyuma kizareba inzira ya politiki yo kugerageza kurangiza intambara mu gihugu ”.

Abantu ibihumbi n’ibihumbi barapfuye abandi ibihumbi magana barakomereka kuva intambara yatangira muri iki gihugu ku itariki ya 15 Mata uyu mwaka hagati ya SAF na RSF.​​​

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *