Sudani: RSF irashinjwa kwica abaturage mu gitero cya bombe ku musigiti

Sangiza iyi nkuru

Igitero cya bombe gishinjwa RSF cyibasiye umusigiti n’izindi nyubako za gisivili mu murwa mukuru wa Sudani, Khartoum, kuri uyu wa kabiri ushize cyahitanye abantu 10 nk’uko bitangazwa n’impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu muri iki gihugu.

Ni ku nshuro ya mbere habaye igitero gihitanye abasivili benshi mu murwa mukuru kuva mu mezi 6 ashize y’intambara hagati y’Igisirikare cya Sudani kiyobowe na Gen. Abdel Fattah Al-Burhan n’ingabo za Rapid Support Forces (RSF) ziyoborwa na Gen. Mohamed Hamdan Daglo.

Komite ishinzwe kwirengera y’abaturage yavuze ko abasivili 10 bishwe abandi 11 bagakomeretswa n’ibisasu byatewe n’abarwanyi ba Rapid Support Forces mu nkengero z’agace ka Al-Samrab, hakurya y’Uruzi rwa Blue Nile, mu majyaruguru ya Khartoum rwagati.

Iyi komite ni imwe mu matsinda menshi yakunze gutegura imyigaragambyo yo guharanira demokarasi none ubu iratanga ubufasha mu ntambara nk’uko iyi nkuru dukesha Arabnews ivuga.

Iyi komite ku murongo wa telephone ivugana na AFP yagize iti ” Ibisasu bimwe byaguye ku musigiti, ikigo nderabuzima no ku nzu z’abaturage,”

Ku itariki ya 12 Nzeri, bamwe mu bakozi b’urwego rw’ubuzima batangarije AFP ko abandi basivili 17 nabwo bishwe n’ibisasu by’izi ngabo zihanganye n’igisirikare cya Sudani

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *