Umusirikare mukuru mu gisirikare cya Sudani y’Epfo (SSDF), aratangaza ko yitandukanyije n’iki gisirikare ari kumwe n’abasirikare basaga 200 akaba yiyunze ku mutwe w’inyeshyamba, mu gihe n’ubundi muri iki gihugu rukomeje kubura gica hagati ya perezida Salva Kiir n’uwahoze ari umugaba w’ingabo.
Lieutenant Colonel Chan Garang, bivugwa ko akorana bya hafi n’uwahoze ari umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo, Gen. Paul Malong Awan, yiyunze ku mutwe w’inyeshyamba wa SPLA-IO,urwanya ubutegetsi bwa perezida Salva Kiir. Aba bagabo bose uko ari batatu bakomoka mu bwoko bw’Aba-Dinkas, kubw’ibyo ngo gucanamo ibice bikaba bishobora kubera ikibazo gikomeye perezida Kiir nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ikomeza ivuga.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iyi nkuru irakomeza ivuga ko Lt. Col Garang ari umwe mu bizerwaga na perezida Salva Kiir ugiye ku ruhande rw’inyeshyamba zimurwanya, mu gihe we avuga ko yatorotse igisirikare kubera ko abasirikare bazwiho gukorana na Gen. Malong bafatwa nabi, abasirikare bamaze amezi arindwi badahembwa, ndetse ngo no kuvangura amoko gukabije.
Ku murongo wa telephone avugana na Reuters, Lt. Col Garang yagize ati: “ Turimo gutegura igisirikare cyacu ngo tuzagabe igitero kuri Juba. Salva Kiir yatandukanyije amoko none turashaka ko agenda .”
Lt. Col Garang yakomeje avuga ko yatwaye abasirikare basaga 200, nubwo itangazo rigenewe itangazamakuru ryaturutse mu mutwe w’inyeshyamba biyunzeho rivuuga ko yajyanye abasirikare 150. Ifoto yagaragajwe n’inyeshyamba yerekanye abantu basaga 30 bafite intwaro, ariko imyirondoro yabo ntiyagaragazwa neza.
Itangazo ry’umutwe wa SPLA-IO, ukuriwe na Dr Riek Machar rivuga ko Lt Col. Chan Garang Lual, yari umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya gisirikare ahitwa Torit kugeza kuwa 26 Ukwakira ubwo yasohokaga muri Juba ariko n’abasirikare 150. Lt. Col ashinja Guverinoma ya juba gukoresha abasirikare mu kurinda inyungu zabo bwite aho kurinda inyungu z’igihugu, ikintu adashobora gukomeza kwemera.
Iri tangazo rikomeza rivuga ko Lt Col Lual yiyunze kuri SPLA-IO, iyobowe na Dr Riek Machar Teny, kuwa 02 Ugushyingo 2017, akaba kuri ubu abarizwa Muri SPLA-IO muri Segiteri ya 8 iyobowe by’agateganyo na Maj. Gen. Benjamin Gore.
Muri Gicurasi nibwo perezida Salva Kiir yasezereye ku kazi Gen. Malong, iperereza ry’Umuryango w’Abibumbye rishinja guha amabwiriza umutwe witwara gisirikare ushingiye ku bwoko ushinjwa ibyaha byo gufata ku ngufu, gukora iyicarubozo no kwica abasivili. Uyu Malong wanafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yabanje kugerageza guhungira mu majyaruguru ariko agarurwa mu murwa mukuru aho afungishije ijisho.

Mu mu mpera z’icyumweru gishize, ingabo za leta zagose urugo rwa Malong I Juba, zigerageza kwambura intwaro abarinzi be, ariko birananirana ingabo za leta ntizabasha kwinjira mu rugo rwe.
Ku ruhande rw’igisirikare cya Sudani y’Epfo, umuvugizi wacyo, Lul Ruai Koang, yavuze ko batari bazi ko hari abasirikare bataye akazi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwizacom


