Sudani y’Epfo: Amakimbirane hagati y’amoko yaguyemo abantu 56

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, umuyobozi muri Sudani y’Epfo yavuze ko amakimbirane ashingiye ku moko y’iminsi ine muri Leta ya Jonglei yahitanye abantu 56 nyuma y’uko urubyiruko rwo mu bwoko bwa Nuer ruteye ubundi bwoko, aho bivugwa ko ari yo makimbirane nk’aya yahitanye abantu benshi .

Iyi leta yo mu burasirazuba bwa Sudani y’Epfo, igihugu cyabonye ubwigenge mu 2011, imaze imaze igihe kirekire irimo ubushyamirane bumena amaraso bushingiye ku matungo n’ubutaka.

Urubyiruko rwitwaje intwaro rw’Aba-Nuer rwatangiye kwibasira Aba-Murle ku ya 24 Ukuboza mu Ntara ya Gumuruk no mu Ntara ya Likuangole, nk’uko byatangajwe na Abraham Kelang, umukozi wa leta mu karere ka Greater Pibor.

Kuri telefoni Kelang yatangarije Reuters ati: “Guverinoma irimo kugerageza gufasha abaturage, ariko imirwano iracyakomeza”.

Yavuze ko 51 muri abo bishwe ari abagabye igitero b’Aba-Nuer, hagapfa abatewe bo mu bwoko bwa Murle batanu gusa.

Mu cyumweru gishize, Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) bwavuze ko urubyiruko rw’Aba-Nuer rwitwaje intwaro rwari ruri gukusanywa mbere y’igitero cyagabwe ku Ba-Murle.

UNMISS yavuze ko ikurikirana ubwiyongere bw’umwuka mubi n’urugomo, kandi ko yongereye amarondo mu turere twibasiwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *