Sudani y’Epfo: Inyeshyamba za Riek Machar zafatiye ku rugamba umujenerali n’umukomiseri wa leta

Sangiza iyi nkuru

Inyeshyamba zo mu mutwe wa SPLA-IO wa Dr Riek Machar ziravuga ko zataye muri yombi kuri iki Cyumweru komiseri muri guverinoma ndetse n’umusirikare mukuru ufite ipeti rya General bafatiwe mu mirwano yabereye mu karere gakungahaye kuri peteroli ka Bentui. Amakuru aturuka aha akaba avuga ko imirwano yadutse mu nkengero za Bentui mu duce twa Tharwangyiely, Toreabieth, Nhialdiu n’ahandi, ikamara amasaha atari macye.

Urusaku rw’imbunda nini n’imyotsi nibyo byagaragaraga muri uyu mujyi wa Bentui nk’uko byemezwaga n’umwe mu bakora ibikorwa by’ubutabazi wavuganye na Chimpreports dukesha iyi nkuru.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Iyi nkuru iravuga ko ingabo za leta zifatanyije n’ingabo zishyigikiye visi perezida wa Sudani y’Epfo kuri ubu, Gen. Taban Deng, wahoze akorana na Riek Machar bakaza gutandukana, zagabye igitero mu cyumweru gishize muri ibi bice zigerageza kwigarurira ibi bice bigenzurwa n’ingabo za Machar.

Mu mirwano ikomeye cyane yabaye kuri iki Cyumweru gishize, komiseri wa Rubkoni, Tek Ruathdel na Gen. Guey Duop wari uyoboye ingabo zo mu mutwe wa Taban Deng, batawe muri yombi kuri ubu bakaba bari mu maboko y’inyeshyamba za Machar.

Amariba ya peterokli abarizwa muri iyi Leta ya Greater Unity ngo yatangaga utugunguru 120,000 ku munsi, yabaye afunzwe kuva imirwano yakubura muri Sudani y’Epfo mu 2013. Iyi leta ikaba ari iya gatatu igenzurwa n’inyeshyamba kuva intambara yatangira, kandi uyu visi perezida Taban deng yahoze ayibereye guverineri.

Taban akaba yaritandukanyije icyo gihe na Salva Kiir akiyunga kuri Machar ubwo yatangizaga intambara, mbere yo kwitandukanya n’uyu agasubira ku ruhande rwa Salva Kiir.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *