Sudani yirukanye ba ambasaderi ba yo 6 mu bihugu birimo USA n’u Bufaransa

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare kiri ku butegetsi bwa Sudani cyirukanye abambasaderi batandatu mu gihe hakomeje ibikorwa byo guca intege abari mu myigaragambyo hirengagijwe igitutu cy’amahanga yamagana ihirika ry’ubutegetsi ryo kuwa Mbere ushize.

Iki cyemezo cyatangajwe kuwa gatatu mu bitangazamakuru bya Leta, kivuga ko abahagarariye Sudani muri Amerika, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, u Bushinwa, Qatar, u Bufaransa ndetse n’umuyobozi w’ubutumwa bw’iki gihugu mu Mujyi wa Geneve mu Busuwisi, bamaganye igikorwa cya gisirikare cyo kwigarurira ubutegetsi, birukanwe.

Byaje mu gihe igisirikare gikomeje gusabwa kwisubiraho kuri coup d’etat yo kuwa Mbere igiye kudindiza inzira y’inzibacyuho yari yitezweho kuganisha igihugu ku matora ya demokarasi nyuma yo gukuraho ubutegetsi bwa Omar al Bashir muri Mata 2019.

Kuri uyu wa Gatatu, Afurika Yunze Ubumwe yatangaje ko yahagaritse iki gihugu mu bikorwa byayo kugeza igihe hazasubizwaho guverinoma y’inzibacyuho y’abasivili.

Ni mu gihe Banki y’Isi yafatiriye imfashanyo ndetse Leta Zunze Ubumwe za Amerika inkunga yihutirwa ya miliyoni 700$. Ambasade zitandukanye z’ibihugu byo mu burengerazuba na zo zatangaje ko zikomeza kwemera gusa Minisitiri w’Intebe wahiritswe, Abdalla Hamdok na guverinoma ye nk’abayobozi bemewe n’itegeko nshinga rya Sudani.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *