Sunrise FC yasubije abatoza bayo mu kazi nyuma y’iminsi ibahagaritse

Sangiza iyi nkuru

Sunrise FC yagaruye mu nshingano umutoza Seninga Innocent n’umwungiriza we Tugirimama Gilbert ‘Cannavaro’ mu kazi nyuma y’uko ibiganiro bigenze neza ku mpande zombi.

Aba batoza bari bamaze iminsi bahagaritswe kubera umusaruro utari mwiza.

Nyuma y’ibiganiro hagati y’umutoza Seninga Innocent n’ubuyobozi bwa Sunrise FC, uyu mutoza wari warahagaritswe mu gihe cy’ukwezi we n’umwungiriza we Tugirimana Girbert Canavaro ubu basubiye mu kazi nk’uko Umunyamakuru wa RBA ukorera i Nyagatare ari na ho iyi ikipe ya Sunrise ihererye yabitangaje.

Seninga Innocent na Tugirimana Gilbert bari barahagaritswe mu kazi ko gutoza Sunrise FC mu gihe cy’iminsi 15 yilaje kwiyongeraga ku yo yari yarawe mbere ariko agaruwe nta itarangiye.

Aba batoza bagarutse basanga Sunrise ku mwanya wa 11 n’amanota 24 bayisiganye, nyuma yo gutsindwa na Police FC ibitego 2-1 mu mukino wa shampiyona iyi kipe iherutse gukina.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *