Kuri uyu wa Gatatu, Taiwan yavuze ko izakoresha uburenganzira bwayo bwo kwirwanaho no kurwanya ibitero by’Ingabo z’u Bushinwa mu gihe zakwinjira ku butaka bwayo, nyuma y’aho bukomeje kongera ibikorwa bya gisirikare hafi y’iki kirwa.
Muri uku kwezi, u Bushinwa buvuga ko Taiwan ari intara yabwo, bwakoresheje imyitozo ya gisirikare hirya no hino mu nkengero z’iki kirwa mu rwego rwo gusubiza uruzinduko rwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika, Nancy Pelosi.
Abashinzwe umutekano muri Taiwan bavuga ko amarondo ya gisirikare y’u Bushinwa “akomeye cyane” hafi ya Taiwan yakomeje kandi umugambi wa Beijing wo kwigarurira iki kirwa uzaba isoko nyamukuru y’umutekano muke muri ako karere nk’uko iyi nkru dukesha Reuters ivuga.
Lin Wen-Huang, umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa n’igenamigambi, yabwiye abanyamakuru mu kiganiro n’itangazamakuru, ko indege n’amato by’u Bushinwa nibyinjira muri miles 12 ku butaka n’ikirere bya Taiwan nta kindi bazakora usibye kwirwanaho.
Lin yongeyeho ko igisirikare ari nako kizabigenza ku ndege zitagira abapilote z’Abashinwa zitazumva umuburo wo kuva ku butaka bwazo nyuma yo gutera ubwoba.
Ku wa kabiri, Tayiwani yarashe indege zitagira abapilote mu Bushinwa ku nshuro ya mbere nyuma gato yuko Perezida Tsai Ing-wen ategeka igisirikare cya Tayiwani gufata “ingamba zikomeye” zo kurwanya icyo yise ubushotoranyi bw’Abashinwa.
Kuri uyu wa Kabiri Taiwan ikaba bwa mbere yarashe ikanga drone y’u Bushinwa nyuma yaho Perezida Tsai Ing-wen ahaye igisirikare amabwiriza ufatira ingamba zikaze icyo yise ubushotoranyi bw’u Bushinwa.


