Tanzania: Impunzi z’Abarundi mu Nkambi ya Nduta zikomeje kwikanga Imbonerakure

Sangiza iyi nkuru

Impunzi zo mu nkambi y’impunzi ya Nduta muri Tanzania ziravuga ko zimaze zibona abantu bane bitwaje imbunda muri iyi nkambi iyo ziri mu marondo ya ninjoro yasabwe n’abayobozi b’inkambi kuva uyu mwaka watangira.

Aba bantu ngo bagaragaye mu bihe bitandukanye n’iminsi mu byumweru bibiri bishize, muri village ya 19muri zone ya 9, aho impunzi ziba muri iyi village zivuga ko aka gatsiko kaba kari kumwe n’indi mpunzi yo muri iyi nkambi.

Zimwe mu mpunzi zagize ziti:“ Aba bagabo bari bafite imbunda. Twarababonye, baherekejwe n’impunzi izwi nka Zebulon, yo muri Komini Busoni, intara ya Kirundo. Tuzi ko ari Imbonerakure. Aracyafite abashyitsi bava mu Burundi. Rimwe na rimwe iyo yafashe ku nzoga cyane abwira abandi ko nta n’ikibazo afite cyo kujya mu Burundi kandi ko nta wamuhagarika mu nkambi.

Impunzi zivuga ko iki kibazo zakigejeje ku gipolisi kikabasha guta muri yombi umwe muri aba basore ushinjwa gutera iterabwoba mu nkambi. Uyu ngo akaba avuka mu Ntara ya Ruyigi nk’uko SosMediasBurundi dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Izi mpunzi zikaba zifite ubwoba ko hashobora kuzavuka ubushyamirane hagati yazo n’aba bantu baba bitwaje imbunda kuko ngo impande zombi zikora amarondo ya njoro zitandukanye, aho ngo ku ruhande rumwe haba hari Imbonerakure zifite n’imbunda, ku rundi hari impunzi zifite inkoni zonyine.

Hari kandi ngo n’abapolisi n’abasivilia bafatanya n’igipolisi mu kurinda umutekano w’inkambi bazwi nka Sungusungu, ariko aba ngo bakaba batabara iyo bahamagajwe.

Impunzi zo mu nkambi ya Nduta zikaba zisaba HCR gukurikiranira hafi ibi bintu.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *