Urukiko rwo muri Tchad kuri uyu wa Kabiri, itariki 21 Werurwe, rwakatiye igihano cyo gufungwa burundu inyeshyamba zirenga 400 zifite aho zihuriye n’urupfu rw’uwahoze ari Perezida Idriss Deby Itno .
Ibihano ku bagize umutwe w’inyeshyamba wa FACT (Front pour le changement et la concorde au Tchad) byatanzwe n’Urugereko rw’inshinjabyaha rwihariye rw’urukiko rw’ubujurire rwa N’Djamena.
Ibiro Ntaramakuru bya Tchad bivuga ko mu baregwaga 440, 24 gusa aribo bagizwe abere.
Umuyobozi wa FACT, Mahamat Ali Mahadi n’abandi bareganwaga “bakatiwe igifungo cya burundu bazira iterabwoba, ubucanshuro, gushyira mu kaga ubuzima bw’umukuru w’igihugu no kwinjiza abana bato mu gisirikare”.
Mahadi n’abandi batandatu bahawe igihano cyo gufungwa burundu badahari.
Impapuro mpuzamahanga zo kubata muri yombi zishobora gusohoka kuri abo baregwa.
Urukiko rwategetse kandi Mahadi n’abandi kwishyura miliyari 20 z’ama CFA (miliyoni 32.8 z’amadolari) kuri leta ya Tchad nk’indishyi na miliyari 1 CFA ku banyamuryango b’uwari perezida.
Urubanza rwafunguwe mu kwezi gushize mu murwa mukuru wa Tchad, N’Djamena, rubera mu muhezo.
Umushinjacyaha mukuru Mahamat El-hadj Baba Nana yavuze ko uru rubanza ari ingenzi ku butabera bwa Tchad.
Inyeshyamba zafatiwe mu 2021 mu mirwano yari izihuje n’igisirikare cya Tchad mu majyaruguru y’igihugu, aho Deby yapfiriye.
Deby wari umaze imyaka 30 ayobora igihugu, yapfiriye ku rugamba mu birometero magana mu majyaruguru y’umurwa mukuru aho yari yagiye gusura ingabo zirwana n’inyeshyamba.
Nyuma y’urupfu rwa Deby, hashyizweho akanama ka gisirikare kayobowe n’umuhungu we, Mahamat Idriss Deby Itno, kagombaga kuyobora igihugu mu gihe cy’amezi 18 y’inzibacyuho nyuma kagaha ubutegetsi guverinoma yatowe mu Kwakira gushize. Ariko icyo gihe ntarengwa nticyubahirijwe.
Igisirikare cyongereye igihe cy’inzibacyuho ho imyaka ibiri mbere y’amatora.
Mu Kwakira 2022, abantu bagera kuri 50 barapfuye abandi barenga 300 barakomereka nyuma y’uko abashinzwe umutekano barashe ku bigaragambyaga basaba ko ubutegetsi bwa gisirikare bwahagarara.


