Faure-Gnassingbe-1200x800

Togo yakuyeho Visa ku Banyafurika bose

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Togo yatangaje ko abaturage bose bakomoka mu bihugu bya Afurika bemerewe kwinjira muri iki gihugu badafite visa, mu gihe bazaba bagiyeyo igihe kitarenze iminsi 30.

Iki cyemezo cyashyizweho umukono na Perezida w’Inama Nkuru y’Igihugu, Faure Gnassingbé, cyatangiye kubahirizwa kuva ku wa Mbere tariki 18 Gicurasi 2026.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Umutekano ya Togo, yavuze ko iki cyemezo kigamije guteza imbere ubumwe bw’Abanyafurika, korohereza urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa, ndetse no gukomeza ubufatanye hagati y’ibihugu bya Afurika.

Guverinoma ya Togo yavuze kandi ko ishaka gukora igihugu cyayo nk’ihuriro rikomeye ry’ubucuruzi, serivisi, umuco n’ubuhahirane hagati y’abaturage bo ku mugabane wa Afurika.

Nubwo visa yakuweho, abayobozi ba Togo bibukije ko abagenzi bazajya bakomeza kubahiriza amategeko y’umutekano, ay’abinjira n’abasohoka ndetse n’amabwiriza y’ubuzima rusange.

Abifuza kujya muri Togo basabwe kujya babanza kwiyandikisha nibura amasaha 24 mbere y’urugendo rwabo banyuze ku rubuga rwa Leta rwabugenewe, kugira ngo bahabwe icyangombwa bazerekana ku mipaka.

Iki cyemezo cyatumye Togo iba kimwe mu bihugu bike bya Afurika byafunguye imipaka yabyo ku Banyafurika bose badafite visa, ibintu benshi bakiriye nk’intambwe ikomeye mu guteza imbere ukwishyira hamwe kwa Afurika no korohereza ubuhahirane hagati y’ibihugu byayo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *