4a213742f2204f03e46814c22c9bfd76f9755096-68e40

Tom Byabagamba yapfiriye muri gereza

Sangiza iyi nkuru

Tom Byabagamba wahoze ari Colonel mu ngabo z’u Rwanda akanaba umuyobozi w’umutwe w’ingabo zirinda Perezida wa Repubulika, yapfuye nyuma y’imyaka 12 yari amaze afunzwe mu Rwanda.

Amakuru y’urupfu rwe yemejwe na mukuru we, David Himbara.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Himbara yagize ati: “Tom Byabagamba, murumuna wanjye, yapfuye nyuma y’imyaka 12 muri gereza.”

Yakomeje agira ati: “Tubabajwe cyane no gutangaza urupfu rwa murumuna wacu dukunda, Colonel Tom Byabagamba, wapfiriye muri gereza mu Rwanda. Imana imuhe iruhuko ridashira.”

Tom Byabagamba yari umwe mu basirikare bakomeye mu Ngabo z’u Rwanda, akaba yarigeze kuyobora umutwe w’ingabo zirinda Umukuru w’Igihugu. Yatawe muri yombi muri Kanama 2014, afunganywe na muramu we, Frank Rusagara, ndetse na m François Kabayiza na bo bahoze mu ngabo z’u Rwanda.

Urubanza rwabo rwasomwe n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rw’i Kanombe ku wa 31 Werurwe 2016. Byabagamba yahamijwe ibyaha birimo guteza imidugararo muri rubanda, gusebya igihugu, guhisha ibimenyetso byashoboraga gukoreshwa mu gukora icyaha, no kutubaha ibendera ry’igihugu.

Yakatiwe igifungo cy’imyaka 21 anamburwa impeta za gisirikare.

Mu Kuboza 2019, Urukiko rw’Ubujurire rwagumishijeho imyanzuro y’uko Byabagamba ahamwa n’ibyaha, ariko rugabanya igihano cye kikava ku myaka 21 kikagera ku myaka 15.

Byabagamba apfuye nyuma y’umwaka n’amezi hafi 5 mugenzi we bari bafunganywe muri dosiye imwe, Frank Rusagara na we apfiriye muri gereza.

Rusagara yapfuye ku 24 Werurwe 2025, nyuma y’imyaka irenga 10 yari amaze afunzwe.

Rusagara na Byabagamba bari bafunganywe kuva mu 2014, urubanza rwabo rukaba rwaraburanishijwe hamwe. Rusagara na we yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka 20 mu 2016, ariko mu 2019 Urukiko rw’Ubujurire rugabanya igihano cye kikagera ku myaka 15.

Kugeza ubu, amakuru arambuye ku cyateye urupfu rwa Col. Tom Byabagamba, igihe nyirizina yapfiriye n’aho umurambo we uri, ntabwo aratangazwa ku mugaragaro n’inzego zibishinzwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply