Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasabye ibihugu kuza gufasha igihugu cye gufungura umuhora wa Hormuz ufatwa nk’inzira inyuzwamo Peteroli nyinshi kurusha izindi ku Isi.
Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru Financial Times, Trump yavuze ko yavuganye “n’ibihugu bigera kuri birindwi” ku “gucunga umutekano” w’umuhora wa Hormuz.
Nubwo nta gihugu yavuze yaganiriye na cyo, yakomoje ku muryango wa OTAN hamwe n’ibihugu avuga ko abona bikeneye “kurinda ubutaka bwabyo” kandi bifite inyungu mu kuza gufungura uwo muhora.
Kuva intambara mu burasirazuba bwo hagati itangiye, Iran yaburiye ko ubwato bwose buzagerageza kunyura muri iriya nzira icamo 20% bya Peteroli ijya ku isoko ry’isi izaburasa. Uburenga 15 bumaze kuraswaho burimo kubigerageza.
Trump yavuze ko niba ibihugu yasabye gufasha bitabikoze byaba bivuze “ahazaza habi cyane kuri OTAN” mu gihe avuga ko Amerika yo yakomeje gufasha ibihugu by’i Burayi.
Ati: “Ntabwo byari ngombwa cyane ko dufasha muri Ukraine. Ukraine iri ku birometero ibihumbi uvuye kuri twe…ariko twarabafashije. Ubu turareba niba na bo badufasha.”
Trump yavuze ibi nyuma y’umunsi umwe asabye u Bushinwa, u Bufaransa, u Buyapani, Koreya y’Epfo n’u Bwongereza kuza “mu muhate uhuriweho” wo gufungura umuhora wa Hormuz.
Trump yakangishije u Bushinwa ko azatinza inama igomba kumuhuza na Perezida wabwo, XI Jinping, niba butemeye gufasha gufungura uwo muhora, avuga ko bunafite inyungu nini mu kuwufungura kuko bukoresha Peteroli nyinshi iwucamo.
U Bushinwa nta cyo buravuga ku byatangajwe na Trump.


