Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yashimangiye ko amasezerano y’amahoro hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda, ashyirwaho umukono kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 27 Kamena.
Ibi yabitangaje mu ijambo rye kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 25 Kamena, i La Haye mu Buholandi, mu nama ya NATO.
Ibyemejwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bije nyuma y’itangazo ryatangajwe mu minsi mike ishize kuri iyi ngingo, mu gihe hagaragajwe intambwe igaragara mu gukemura amakimbirane hagati y’ibihugu byombi.
Twabibutsa ko ibihugu byombi, DRC n’u Rwanda, byashyize umukono ku itangazo ry’amateka ku itariki ya 25 Mata ku nkunga ya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Washington, aho byagaragaje ubushake bukomeye bwa politiki bwo gukemura amakimbirane binyuze mu nzira z’amahoro.
Umubano hagati ya DRC n’u Rwanda wakomeje kuba ingorabahizi, wiyongeraho n’impagarara zikomeje zijyanye n’umutungo kamere n’umutekano w’akarere.
Guverinoma ya Congo ishinja u Rwanda gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa, ndetse ntitinya kuvuga ko muri iki gihe imijyi myinshi yigaruriwe n’Ingabo z’u Rwanda n’inyeshyamba za M23. Ni ibirego u Rwanda rwahakanye kuva ku ikubitiro.
Abantu benshi babona ko kugaruka kwa Donald Trump muri White House ari ikimenyetso gikomeye mu kibazo cy’umutekano kiriho, cyane cyane kubera isano afitanye n’abanyenganda b’Abanyamerika bashishikajwe n’umutungo kamere wa Congo.


