Tshisekedi abona abasabye ko MONUSCO yamaganwa ari abanzi b’igihugu

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) avuga ko abasabye ko misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye, MONUSCO, yamaganwa, ari abanzi b’igihugu.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa 29 Nyakanga 2022, cyari cyerekeye ibikorwa byo kwamagana MONUSCO byabereye mu mijyi ya Goma, Butembo no muri teritwari ya Uvira.

Perezida Tshisekedi yavuze ko umubano wa RDC na MONUSCO umaze igihe kinini, kandi ku bufatanye bw’impande zombi, hari byinshi byagezweho mu kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu.

Kuri Tshisekedi, abasabye abaturage kwamagana MONUSCO, batabikoze ku bw’urukundo bafitiye RDC, ngo ahubwo ni ku bw’inyungu zabo bwite.

Uyu Mukuru w’Igihugu yagize ati: “Abanzi b’igihugu bazamuye umwuka mubi wo gusaba MONUSCO kugenda, si ku bw’urukundo bafitiye Congo ahubwo baharaniraga inyungu zabo.”

Perezida Tshisekedi yibukije Abanyekongo ko gahunda ya MONUSCO yo kuva ku butaka bwa RDC ihari kandi yatangiriye mu ntara zirimo Tanganyika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *