Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko mu gihe u Rwanda rwatsinze imbogamizi nyinshi kandi rugatera intambwe igaragara mu myaka yashize, igihugu kidakwiye kwirara ngo kibagirwe intego za nyuma zirimo iterambere n’umutekano.
Ibi umukuru w’igihugu yabivugiye mu isabukuru ya 25 ya Unity Club Intwararumuri.
Unity Club Intwararumuri yashinzwe mu 1996 n’umufasha w’umukuru w’igihugu, Jeannette Kagame nk’uburyo bwo guhuriza hamwe abagize guverinoma n’abafasha babo ngo bateze imbere ubumwe hagati yabo kandi bafatanyirize hamwe guteza imbere ubumwe n’amahoro mu gihe bagira uruhare mu iterambere ry’imibereho n’ubukungu by’igihugu.

Ababaye muri guverinoma bacyuye igihe n’abafasha babo nabo bakomeza kuba abanyamuryango
Mu kugereranya intego z’igihe kirekire z’igihugu mu gutsinda intambara, Perezida Kagame yavuze ko mu gihe mu myaka yashize u Rwanda rushobora kuba rwararwanye urugamba rwinshi kandi rukaba rwaratsinze, igihugu kitaratsinda intambara.
Ati: “Mu myaka 30 ishize twarwanye intambara imwe ariko muri iyo ntambara twarwanye urugamba ibihumbi. Twatsinze urugamba ntabwo ari intambara ”.

Avuga ku nshingano ziri imbere, Kagame yerekanye ko abayobozi bakeneye kwicisha bugufi no kumenyana n’abantu bayobora bitandukanye no gutwarwa no gushimwa.
Yihanangirije abayobozi abasaba kwirinda ko ibisingizo bigera mu mitwe yabo kuko bishobora gutuma umuntu yirara bigatuma atakaza intego.
Yagize ati: “Umuyobozi ni umuyobozi kubera abantu ayobora.”

Muri ibi birori, Unity Club yashimiye Abarinzi b’Igihango 7 kubera ibikorwa byabo bigamije guharanira Ubumwe bw’Abanyarwanda.


