U Bubiligi: Abanyarwanda 2 bashinjwa uruhare muri jenoside bagiye kuburanishwa

Sangiza iyi nkuru

Abantu babiri bahunze ubutabera bakurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Pierre Basabose na Seraphin Twahirwa, bazitaba urukiko mu Bubiligi muri Kamena uyu mwaka.

Basabose yashinjwe muri Kamena 2015 ibyaha bya Jenoside n’itsembatsemba. Yahoze ari umusirikare wari waravuye mu gisirikare kugira ngo yinjire mu bucuruzi. Yari afite ibiro by’ivunjisha i Kigali.

Ku rundi ruhande, Twahirwa yakoraga muri Minisiteri ishinzwe imirimo ya leta (MINITRAPE), iyi ikaba ari minisiteri y’ibikorwaremezo kuri ubu nk’uko iyi nkuru dukesha The New Times ivuga.

Yashinjwe muri Kamena 2014, nk’uko amakuru aturuka mu bushinjacyaha abitangaza. Araregwa Jenoside, gucura umugambi mubisha n’itsembatsemba.

Biteganijwe ko kumva urubanza bizaba ku ya 12 Kamena. Gutoranya jury bizaba ku ya 4 Ukwakira, naho urubanza nyirizina ruzatangira ku ya 9 Ukwakira. Aba bagabo bombi batawe muri yombi muri Nzeri 2020.

Ubushinjacyaha bukuru bwatangaje ko aba bakekwa batawe muri yombi mu gihe “mikwabu itatu yakozwe ku matariki ya 29 na 30 Nzeri 2020, mu turere tw’ubucamanza twa Bruxelles na Hainaut.”
Amadosiye abiri yarahujwe. Izi manza zombi zireba ibyaha byakorewe i Kigali, mu mirenge ya Gikondo na Kacyiru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *