Minisitiri ushinzwe uburenganzira bwa muntu mu nshingano ze mu Burundi yatangaje ko leta y’iki gihugu itazakorana n’itsinda ry’impuguke ziherutse kugenwa n’Umuryango w’Abibumbye ngo bajye gucukumbura ukuri ku byaha bikomeye byakozwe mu Burundi kuva muri Mata 2015.
[ad id=”44145″]
Minisitiri Martin Nivyabandi yasobanuye ko izo mpuguke nta kintu na kimwe gishya zizazana kuko zije zikurikira izindi zakoze icyegeranyo gishinja leta ngo zikanga gushyira muri raporo yazo ibyo zabwiwe n’inzego z’igihugu.
Yakomeje asobanura ko izo mpuguke ziri mu mugambi umwe n’izo mpuguke 3 zigenga zasohoye icyegeranyo cyazo muri Nzeri. Izi mpuguke zikaba zari zatumwe n’ishami rya Loni ryita ku burenganzira bwa muntu.
Izi mpuguke rero muri raporo yazo zikaba zarasabye ko u Burundi bwavanwa mu ishami rya Loni ryita ku burenganzira bwa muntu, ndetse abategetsi b’u Burundi bamwe bagakurikiranwa n’urukiko mpuzamahanga (CPI).
Minisitiri Nivyabandi uvuga ko leta ititaye ku bizava mu iperereza ryabo, avuga ko impuguke z’akanama gashinzwe uburenganzira bwa muntu zabogamye mu iperereza ryazo bigatuma leta idashobora kugirira icyizere izi mpuguke nshya ziheruka kugenwa.
[ad id=”44145″]
Leta y’u Burundi kandi ivuga ko hari ibibazo by’uburenganzirwa bwa muntu Loni ititaho kandi ari byo ntandaro y’ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu.
Kuri uyu wa Kabiri ushize nibwo Akanama ka Loni gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu kashyizeho itsinda ry’impuguke 3 zigizwe n’abagore babiri bo muri Benin n’umugabo w’Umwongereza ukomoka muri Algeria ngo bajye gucukumbura ukuri ku byabaye mu Burundi kuva muri Mata 2015 no gushyira ahagaragara amazina y’ababikoze ngo bagezwe imbere y’ubutabera.
Uyu muminisitiri yavuze ko leta izakomeza gukorana n’abashaka guteza imbere uburenganzira bwa muntu bose nk’uko ikorana n’indorerezi zatumwe na Afurika Yunze Ubumwe, ariko akibutsa ko itazihanganira abitwaza uburenganzira bwa muntu mu babukangisha leta bashaka no gukura ku butegetsi uwo batifuza.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


