Abayobozi b’u Budage ntibari bakwiye kurenga umurongo utukura baha intwaro Kiev, bitewe n’uruhare rw’amateka rw’igihugu cyabo ku baturage b’u Burusiya, nk’uko byatangajwe na Ambasaderi w’u Burusiya mu Budage, Sergey Nechayev, avugana n’Ibiro Ntaramakuru TASS .
Ambasaderi Nechayev yagize ati “Intwaro zica zakozwe n’u Budage, zahawe ubutegetsi bwa Kiev, ntabwo zikoreshwa gusa ku basirikare b’Abarusiya, ahubwo no ku baturage. Ni umurongo utukura rwose abayobozi b’Abadage batagomba kurenga, bitewe n’uruhare rw’amateka rw’u Budage ku baturage bacu kubera ibyaha by’Abanazi mu gihe cy’intambara ikomeye yo gukunda igihugu “.
Yakomeje agira ati: “Kandi umuntu agomba kumva ko uyu murongo utukura wahozeho no mu Budage.” Yabishimangiye yibutsa ko ubusanzwe u Budage wari bumaze imyaka bwirinda kohereza intwaro ahantu habera amakimbirane, cyane cyane intwaro ziremreye.
Ati: “Muri rusange hari ubwumvikane bwa politiki mu gihugu kuri iki kintu. Imikorere yarahindutse gusa ubu kandi ku Burusiya gusa.” Intumwa yagize ati: “Cyari icyemezo cya guverinoma nshya y’u Budage, tubona ko ari ikosa rikomeye.”
Ati: “Nibyo koko, ihinduka nk’iryo ntirishobora kugira icyo rifasha ahubwo ryagira ingaruka mbi ku mibanire y’ibihugu byacu ndetse n’icyizere cy’iterambere ryabyo”.
Nechaev yihanangirije ko “kurunda intwaro muri Ukraine bitagenzuwe no mu buryo bunyuranyije n’ubucuruzi mpuzamahanga bw’intwaro no kugenzura ibyoherezwa mu mahanga gusa bituma amakimbirane aramba, kurimbuka gushya, abasivili bakicwa, ndetse no guhungabanya umutekano mu Burayi, harimo n’uw’u Budage ubwabwo.”
Ati: “Hari iterabwoba ry’intwaro zo mu Burengerazuba ziva muri Ukraine, zirimo misile ziyoborwa zisenya ibifaru (ATGMs) ndetse na sisitemu zo kurinda ikirere (MANPADS), zigwa mu maboko y’imitwe y’iterabwoba n’imitwe y’intagondwa”.
Ku ya 24 Gashyantare, Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin yagabye igitero kidasanzwe cya gisirikare muri Ukraine nyuma yo gusaba ubufasha bw’abayobozi ba repubulika ya Donbass. Uburengerazuba bwahise bufatira u Burusiya ibihano bikaze kandi byoherereza Kiev intwaro n’ibikoresho bya gisirikare bifite agaciro ka miliyari z’amadorari.


