U Burusiya bwatangaje ko bwiciye abasirikare ba Ukraine barenga 50 mu bubiko bw’intwaro

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya ivuga ko yasenye intwaro n’amasasu bya Ukraine birenga 3000, imodoka ndetse n’indege z’intambara, yica abasirikare b’iki gihugu barenga 50 mu gitero cyo kuri uyu wa 23 n’uwa 24 Nyakanga 2022.

Umuvugizi w’iyi Minisiteri, Igor Konashenkov, nk’uko ibiro ntaramakuru TASS bya Leta y’u Burusiya bibivuga, yatangaje ko ibi byose byasenyewe mu gitero cy’indege ingabo zabo zagabye ku bubiko bw’intwaro bwa Brigade ya 28 no ku y’123 y’ingabo zirwanira ku butaka iherereye mu gace ka Nikolayev.

Konashenkov yagize ati: “Mu gace ka Nikolayev, intwaro z’ingabo z’u Burusiya zirwanira mu kirere zarashe ku bubiko bw’intwaro n’amasasu bwa Brigade ya 28 y’ingabo za Ukraine zikoresha intwaro nini na Brigade y’123 y’ingabo zirwanira ku butaka ku butaka bw’uruganda rusana. Abantu barenga 50, amasasu arenga 3000 artillery za calibers zitandukanye n’imodoka z’urugamba 10 byangijwe.”

Uyu Muvugizi kandi yasobanuye ko kuri uyu wa 23 Nyakanga 2022, ingabo z’u Burusiya zarashe ibisasu bitanu bya UAVs by’ingabo za Ukraine, iburizamo roketi zarashwe na Uragan ndetse na HIMARS zarewe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ati: “Roketi 10 zarashwe na Uragan na HIMARS irasa roketi nyinshi icya rimwe zakumiriwe mu gace ka Novonikolaevka (akarere ka Zaporozhye), Makeyevka ya Repubulika ya Rubanda ya Donetsk na Alekseyevka (akarere ka Kherson).”

Uwo munsi kandi ngo ingabo z’u Burusiya zarashe indege zitagira abapilote za Ukraine eshanu mu duce twa Korobki na Pyatikhatka mu karere ka Kherson, Topolskoye mu karere ka Kharkov, Shcherbaki mu karere ka Zaporozhye no mu mujyi wa Donetsk.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *