Abimukira 6 bapfuye mu gihe abasaga 100 baburiwe irengero hakaba hakekwa ko nabo bapfuye nyuma y’uko ubwato barimo burohamiye mu Nyanja ya Mediterane kuri uyu wa kane nk’uko byatangajwe na perezida w’ishami ry’Abaganga batagira umupaka (MSF) mu Butaliyani.
[ad id=”44145″]
Ubwato bw’igisirikare cyo mu mazi cy’u Bwongereza bwabashije gutabara abantu 27 ndetse bubona imirambo 6 muri miles zigera muri 20 uvuye ku nkombe za Libya mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane nk’uko byakomeje bitangazwa na Loris De Filipi ukuriye MSF mu Butaliyani.
Ibi byago bishya byatumye umubare w’abimukira bamaze kugwa mu mazi wiyongera ku bantu 240 babarwaga mu minsi 3 yari ishize yarangiye kuwa Gatatu, mu gihe abimukira bakomeje kuva muri Libya batitaye ku byago bahurira nabyo mu Nyanja nk’uko Reuters dukesha iyi nkuru ikomeza kuvuga.
Ababashije kurohorwa boherejwe ku bwato bwa MSF bwitwa Bourbon Argos, akaba ari bumwe mu bwato bw’ubutabazi bukorera hafi aho, aho abarokotse babwiye abakozi ko abandi bantu bari hagati ya 90 n’100 bari kumwe kandi bapfuye.
[ad id=”44145″]
Umuyobozi wa MSF mu Butaliyani avuga ko aba bantu bagenda mu bwato bukoze muri kawucu burebure butwara abantu hagati y’120 n’130 iyo bwuzuye neza. Yongeyeho ko MSF itaramenya ubwenegihugu bw’aba batabawe kuwa kane, ariko abenshi batabawe mu minsi ishize ngo bakaba bava muri Afurika y’uburengerazuba.
Umubare w’abimukira bageze mu Butaliyani baje mu bwato muri uku kwezi k’Ugushyingo umaze kwikuba kabiri ugereranyije n’uwari uhari mu kwezi nk’uku k’umwaka ushize, minisitiri w’umutekano akaba avuga ko umwaka uzarangira abimukira begera umubare w’170,000 w’abimukira binjiye muri iki gihugu mu 2014.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



