Guverinoma y’u Bwongereza kuri uyu wa 14 Ukwakira 2021 yatanze impuruza ko Uganda yaba igiye kugabwamo ibitero by’iterabwoma.
Itangazo ryayo risaba Abongereza baba muri Uganda kuba maso muri iki gihe, cyane cyane bari mu ruhame nko mu mahoteli, muri za gare z’imodoka, muri resitora, mu tubari, ahakorerwa siporo no mu nsengero.
Ntabwo iyi guverinoma yahishuye ababa bafite umugambi wo kugaba igitero muri Uganda, gusa yatanze urugero rw’ibitero byigeze kugabwa mu mujyi wa Kampalamu 2010, bikagwamo abantu 70.
Al Shabaab yaje kwigamba ibi bitero, bikekwa ko yaba yabitewe n’uko ingabo za Uganda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somalia bugamije uyu mutwe witwaje intwaro uhungabanya umutekano waho.
Ku rundi ruhande, inzego zishinzwe umutekano muri Uganda nazo zagiye zitangaza ko umutwe w’iterabwoba wa ADF ukorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ugerageza kugaba ibitero mu gihugu ariko ntibigerweho.


