U Bwongereza: Ibitaro byasezereye Minisitiri w’Intebe wari umaze iminsi arembejwe na Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza Boris Johnson yamaze gusezererwa mu bitaro nyuma y’ibyumweru bigera kuri bibiri arwaye Coronavirus ubu ibiro bye bikaba byatangaje ko akomeje koroherwa, iyi ikaba ari inkuru nziza ku baturage b’iki gihugu n’Isi muri rusange.

Kuri iki Cyumweru tariki ya 12 Mata 2020 ni bwo ibiro bya Minisitiri w’Intebe Boris Johnson byitwa Downing Street byatangaje ko yasezerewe mu bitaro bya St. Thomas biherereye mu murwa mukuru London aho yavurirwaga Virusi ya Corona.

Boris Johnson yari amaze iminsi ari mu cyumba cy’indembe mu bitaro bya St Thomas nyuma yo kwandura Coronavirus ariko yaje kugenda yoroherwa aza kukivanwaho none ubu yasezerewe.

Ibiro bye byatangaje ko atagomba guhita atangira akazi bikaba biteganyijwe ko azagatangira nyuma y’ukwezi mugihe Leta y’Ubwongereza ubu iri kuyoborwa by’agateganyo n’Umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga, Bwana Domiic Raab.

Gukira no gusezererwa kwa Minisitiri Boris w’imyaka 55 y’amavuko yashimishije umubyeyi we Stanley Johnson n’umufasha we Carrie Symonds wahise ajya ku rukuta rwe rwa Twitter agashimira abaganga bitaye ku mugabo we ndetse n’undi muntu wese wamwihanganishije ubwo yari yanduye iyi ndwara.

Icyorezo cya Coronavirus kimaze kwandura abagera kuri 1,806,426 naho abamaze guhitanwa nacyo ni 111,718.

Mu Bwongereza abagera ku 84,279 bamaze kwandura iyi ndwara mugihe 10,612 bamaze guhitanwa nayo naho 344 bamaze kuyikira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *