U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu bashyize umukono ku masezerano ajyanye n’ishoramari n’imisoro. Ni amasezerano yashyizweho umukono n’umuyobozi mukuru wungirije ushinze ibikorwa mu kigo k’igihugu gishinzwe iterambere RDB Emmanuel hategeka.
Iki gikorwa kikaba cyakozwe mu gihe i Dubai hakomeje ibikorwa by’inama ihuje abakuru b’ibihugu by’Afurika ku bucuruzi Afurika ikorana na Dubai.
Aya n’amasezerano ajyanye no gushyigikira ishoramari harimo ndetse no kwirinda ibihungabanya ishoramari nko gusoreshwa inshuro irenze imwe nkuko bigaragara kuri RBA.
U Rwanda rukaba rufunguye imiryango ku bucuruzi hagati ya leta z’unze ubumwe z’abarabu n’u Rwanda mu rwego rwo guteza imbere ishoramari ndetse no guha ubwisanzure ishoramari ku mpande zombi.


Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com
Aya n’amasezerano ajyanye no gushyigikira ishoramari harimo ndetse no kwirinda ibihungabanya ishoramari nko gusoreshwa inshuro irenze imwe nkuko bigaragara kuri RBA.
U Rwanda rukaba rufunguye imiryango ku bucuruzi hagati ya leta z’unze ubumwe z’abarabu n’u Rwanda mu rwego rwo guteza imbere ishoramari ndetse no guha ubwisanzure ishoramari ku mpande zombi.


Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus/Bwiza.com


