WhatsApp-Image-2025-11-20-at-10.04.08

U Rwanda ntirutirimuka ku rutonde rwa FIFA

Sangiza iyi nkuru

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki 19 Ugushyingo 2025, Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umupira w’Amaguru (FIFA) ryashyize hanze urutonde rushya rugaragaza uko ibihugu bikurikirana, aho Amavubi yagumanye umwanya wa 131 nk’uko byari byifashe mu kwezi gushize.

Muri uku kwezi, Ikipe y’Igihugu ntirwakinnye imikino mpuzamahanga, uretse umwiherero w’abakinnyi bakina imbere mu gihugu, n’umukino wa gicuti abakinnyi b’u Rwanda bakinnye hagati yabo ndetse n’uwo bakinnye na Al Hilal SC yo muri Sudani. Ibi byatumye amanota y’u Rwanda aguma kuri 1117.78, nta mpinduka ibayeho.

Mu bihugu byo mu karere: Uganda ni yo iyoboye mu karere, iri ku mwanya wa 83 ku Isi, ariko yamanutseho umwanya umwe. Tanzania yagumye ku mwanya wa 107. Kenya yazamutseho imyanya ibiri, igeze ku mwanya wa 109. U Burundi bwo bwamanutseho imyanya ine bugera ku wa 145.

Ku rwego rw’Isi: Espagne ni yo ikomeje kuyobora uru rutonde, ikurikirwa na Argentine, u Bufaransa, u Bwongereza na Portugal iri ku mwanya wa gatanu. Espagne kandi iherutse kubona itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Muri Afurika: Maroc ikomeje kuba iya mbere ku mugabane, ikurikiwe na Senegal, Misiri, Algeria na Nigeria yazamutseho imyanya ine, nubwo yigeze gusezererwa na RDC mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

FIFA yatangaje ko urutonde rukurikiraho ruzasohoka ku wa 11 Ukuboza 2025.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *