U Rwanda rugiye kwakira izindi mpunzi ziba muri Libya

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubutabazi, yatangaje ko kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2020, iki gihugu kigiye kwakira izindi mpunzi ziraturuka muri Libya.

Nk’uko Umuvugizi w’iyi Minisiteri, Claude Twishime yabihamirije The New Times, izi mpunzi zibarirwa hagati ya 80 n’100, zizakirirwa mu nkambi ya Gashora iri mu Karere ka Bugesera.

Izi mpunzi kandi zizasimbura izindi zigera ku121 zari zicumbikiwe muri iyi nkambi, zamaze koherezwa mu bihugu byo ku mugabane w’Uburayi byemeye kuzakira.

Tuyishime yagize ati: “Tugira umubare ntarengwa w’abantu 500 mu nkambi, rero tugiye kwakira abandi kugira ngo basimbure abandi bagiye.” Yahamirije iki gitangazamakuru kandi ko kwakira izi mpunzi ari igikorwa gikomeje, kugeza ubwo ikibazo cyazo kizaba kibonewe igisubizo.

Tariki ya 10 Nzeri 2019 ni bwo Guverinoma y’u Rwanda, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mpunzi (HCR) basinye amasezerano ya Emmergency Transit Mechanism yo kwakira 500 mu zaheze muri Libya zishaka kujya ku mugabane w’Uburayi.

Ku nshuro ya mbere, tariki ya 27 Nzeri, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya mbere cyari kigizwe n’impunzi 66. Rwaje kwakira ibindi byiciro bibiri, byari bigizwe n’impunzi zigera kuri 240. Ubu impunzi zisigaye mu nkambi ya Gashora zibarirwa mu 185.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *