Ubushinjacyaha bwasabye ko abayoboke 7 ba FDU-Inkingi bakomeza gufungwa by'agateganyo

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwasabye urukiko kongera igihe cyo gukomeza gufunga abayoboke ba FDU Inkingi, ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda ndetse ritemerewe gukorera mu Rwanda, bakurikiranweho ibyaha byo gukorana n’imitwe irwanya ubutegetsi.

Abaregwa uko ari barindwi kuri uyu wa gatatu bageze imbere y’urukiko bose bari mu mwambaro w’imfungwa, batanu muri bo bafite abunganizi mu gihe abandi babiri biburaniraga.

Byari biteganyijwe ko kuri uyu munsi aba barwanashyaka ba FDU Inkingi bari kuba baburana mu mizi, ariko ubushinjacyaha bwabatumije busaba ko urukiko rwakongera iminsi yo kuba bafunzwe by’agateganyo kuko bugikora iperereza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Umushinjacyaha yabanje kwibutsa ibyaha bibiri bikomeye abashinjwa bakurikiranweho mbere yo gusobanura impamvu y’ubusabe bwe. Ni icyaha cyo kurema umutwe w’ingabo zitemewe n’icyaha cyo gushaka kugirira nabi ubutegetsi buriho.

Kuwa 26 Nzeri 2017 nibwo icyemezo cyo gufunga abashinjwa by’agateganyo cyari cyafashwe. Ubushinjacyaha bukaba bwabwiye urukiko ko kuva icyo gihe bwakomeje kubakoraho iperereza bunafata abandi buvuga ko bafatanya n’aba barindwi bashinjwa, aho bwavuze ko bwafashe abandi batanu ku isonga hazamo uwitwa Theophile Ntirutwa, uhagarariye FDU mu Mujyi wa Kigali, Venant Abayisenga na Athanase Kanyarukiko, bose ubu bafunze. Abandi babiri ubushinjacyaha bwavuze ko bwabahase ibibazo bukamva nta mpamvu zikomeye bukaba bubarekuye. Abo ni Vedaste Nshimiyimana na Emmanuel Nyandwi.

Ubushinjacyaha bukaba bwavuze ko butarangije iperereza busaba urukiko ko rwakongera ukwezi ko gufunga by’agateganyo abashinjwa, kuko bufite impungenge z’uko barekuwe batoroka ubutabera bakanasibanganya ibimenyetso.

Ku ruhande rw’abashinjwa humvikanye amagambo rimwe na rimwe akarishye, nk’aho Boniface Twagirimana, visi perezida wa FDU, yagize ati: “ Narinzi ko wenda nyuma y’iyi minsi dufunzwe tuzasanga uwo mutwe w’ingabo wa baringa dushinjwa ubushinjacyaha bwarawubonye ariko kugeza ubu byaba bitangaje binababaje gukomeza gufungwa bishingiye ku mirimo ya politiki dukora muri iki gihugu .”

Uyu yakomeje avuga ko mu Rwanda kutavuga rumwe n’ubutegetsi biba bihagije kugirango witwe umwanzi w’igihugu, maze yikoma ubushinjacyaha avuga ko butavugisha ukuri mu rukiko, aho yavuze ko ibyo buvuga ko bwagezeho mu iperereza atari ukuri.

Yavuze ko afite amakuru y’uko abarwanashyaka, Emmanuel Nyandwi na Vedaste Nshimiyimana ubushinjacyaha buvuga ko bwabatahuye mu iperereza rya nyuma y’uko itsinda Twagirimana arimo ritabwa muri yombi, atari ukuri.

Yavuze ko nubwo ubushinjacyaha buvuga ko bwabarekuye na n’ubu bagifunzwe kandi ko bafatiwe umunsi umwe n’umuyobozi wabo.

Twagirimana kandi yanatunze umucamanza urutoki mu miburanishirize ye, avuga ko nta gihe na kimwe ibyo bavugira mu rukiko byigeze bihabwa agaciro ariko ubu wenda bashobora kwizera.

Asoza yasabye ko bahabwa ubutabera bunoze maze arabaza ati: “ Kuba turi imbere yanyu mushobora kuzumva ibyo tuvuga, cyangwa nk’uko bisanzwe itaka muzemeza ko ubushinjacyaha ari bwo bufite ishingiro ?” Umucamanza mu kumusubiza yamubwiye ko bazasesengura bakabitaho icyemezo.

Me Antoinette Mukamusoni na Me Gashabana bunganira abaregwa, babwiye umucamanza ko impamvu zikomeye atari ibimenyetso ahubwo ari ibyagezweho mu iperereza, bavuga ko kugeza ubu basanga abaregwa bafunzwe binyuranyije n’amategeko.

Me Antoinette akaba yavuze ko icyaha ari gatozi kandi ko mu bo ubushinjacyaha buvuga ko bwafashe butagaragaza niba baramaze kugera muri uwo mutwe kugeza ubu utarabonerwa izina. Yaboneyeho gusaba ubushinjacyaha ko niba ntacyo burageraho mu iperereza bwaba burekuye abaregwa bagakurikiranwa bari hanze.

Yavuze ko ibi byaha ubushinjacyaha umwanya uhagije wo gukora iperereza kuko ngo kubikora huti huti kuko ngo bibatura mu mutego wo kwica amategeko bikanashora abayobozi ba gereza mu manza. Yakomeje abwira umucamanza ati: “ Nimwe mufite imfunguzo zombi; kubafunga no kubafungura. Niba amategeko ariho si umwanya wo kugirango ubushinjacyaha buyahonyange .”

Ubushinjacyaha bwasubiranye ijambo buvuga ko abaregwa badafunzwe binyuranyije n’amategeko, buvuga ko bubinyujije ku ikoranabuhanga rihuza ababuranyi bombi n’urukiko bwasabye kongererwa igihe kuwa 24 Ukwakira mbere y’uko ukwezi gushira, bukavuga ko abunganizi bagombye kuba barabirebye bakabimenyesha abo bunganira.

Ubushinjacyaha bushinja aba bayoboke ba FDU uko ari barindwi gushing umutwe w’ingabo utemewe wakorera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda, ibirego abashinjwa bamagana bavuga ko bishingiye kuri politiki.

Biteganyijwe ko urukiko ruzafata icyemezo kuri ubu busabe bw’ubushinjacyaha kuri uyu wa Gatanu, itariki 03 Ugushyingo 2017.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *