thumbnail_1773206199160_267209040

Ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gusuka ibisasu mu bice bituwe cyane i Minembwe

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 bitegura ibiganiro bishya bigomba guhera mu busuwisi guhera kuri uyu wa Mbere, iitariki 13 Mata, impande zombi zikomeje gushinjanya kugabanaho ibitero no kurenga ku gahange.

Iri huriro rirwanya ubutegetsi kuva mu mpera za 2021 rirashinja ubutegetsi bwa Kinshasa kwirengagiza ibyo biganiro no kugaba ibitero bya drones mu bice bituwe cyane aho igenzura nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri iki Cumweru.

“Ubutegetsi bwa Kinshasa bwahisemo nkana gukandagira inzira y’amahoro yatangijwe mu Busuwisi. Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, itariki 11 Mata 2026, guhera saa yine z’ijoro kugeza ku Cyumweru, itariki ya 12 Mata 2026, saa kumi za mugitondo, bwagabye ibitero simusiga by’indege zitagira abapilote byibasiye uduce dutuwe cyane i Minembwe ndetse no mu nkengero zaho, byongera cyane ikibazo cy’ubutabazi kimaze kugera ku rwego rwo hejuru,” ibi ni bimwe mu bikubiye mu itangazo rya AFC/M23.

Iryo tangazo rikomeza rivuga ko ibi bikorwa biragaragaza, nta gushidikanya na gato, umugambi wa Kinshasa wo guhungabanya imihate y’amahoro ikomeje mu Busuwisi, kurangaza abantu ngo batita kuri iyi nama ikomeye, no gutsimbarara ku kwanga gushyira mu bikorwa ibyo bwiyemeje mu bwisanzure.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *