usnavy.usemb_-1024x683.jpg

Ubwato bw’intambara bwa USA bumaze iminsi muri Mozambique

Sangiza iyi nkuru

Ubwato bw’intambara bw’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwitwa USS Hershel Williams kiri mu murwa mukuru wa Mozambique, Maputo guhera tariki ya 15 Ukwakira 2021.

Amakuru aturuka muri Ambasade ya USA muri Mozambique avuga ko ubu bwato bwahagejejwe n’itsinda ry’abasare bari kugirira uruzinduko rw’akazi muri iki gihugu kiri mu majyepfo ya Afurika.

Muri uru zinduko, impande zombi zaganiriye ku bijyanye n’ubufatanye mu by’igisirikare gikorera mu mazi, ahanini ku myitozo ikorerwa mu Nyanja y’Abahinde.

Bigendanye n’uru ruzinduko, Ambasaderi wa USA muri Mozambique, Dennis Hearne y atangaje ati: “Ubushobozi bwacu mu bufatanye mu bya gisirikare buri kuri uru rwego ni igihamya ku bufatanye bw’ibihugu byacu. Duhuriye ku ntego imwe yo guharanira umutekano, ituze n’ubwisanzure bwo gucunga umutekano mu mazi mu majyepfo ya Afurika…”

Capt. Chad Graham uyoboye itsinda ry’aba basare yagize ati: “Itsinda ryanjye ryishimiye cyane kugira amahirwe yo gusura Mozambique, rikiga ku muco waho kandi bigira ingaruka nziza mu gihe turi hano.”

Ubu ni ubwato bwa kabiri bw’ingabo za USA bugeze muri Mozambique kuva mu 2011.
usnavy.usemb_-1024x683.jpg
usnavy.usemb_-1024x683.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *