Ubwenegihugu bw’u Bubiligi bwa Gen. Ndaywell ukuriye ubutasi bwa FARDC bwateje urunturuntu

Sangiza iyi nkuru

“Inzirakarengane y’umugambi wateguwe n’abanzi, Gen. Ndaywel ntabwo ari Umubiligi”, ibi ni ibitangazwa n’umuryango w’uyu musirikare mukuru wa FARDC ukuriye ubutasi bwa gisirikare nyuma yo kuregwa mu butabera bw’u Bubiligi.

Gen. Maj. Christian Ndaywel warezwe nk’Umubiligi n’umunyamategeko w’umuryango w’umudepite w’igihugu Cherubin Okende, wishwe muri Nyakanga, umuryango we uvuga ko bigaragara ko ari inzirakarengane y’umugambi ugamije guhindanya isura ye.

Ibi nibyo umuryango we wemeza nyuma y’itangazwa, ku wa Gatatu, itariki ya 8 Ugushyingo, ko hatanzwe ikirego kimurega i Buruseli, nk’umwenegihugu w’u Bubiligi, ikirego gifite aho gihuriye n’iyicwa rya Cherubin Okende nk’uko tubikesha mediacongo.net.

Umuryango w’ukuriye iperereza rya gisirikare rya Congo, uvuga ko ari umugambi mubisha, uremeza kandi ko kujya mu itangazamakuru k’umunyamategeko w’Umubiligi, Alexis Deswaef, byakozwe hagamijwe guca igikuba.

Umuryango wa Gen. Ndaywel uti “General Ndaywel ntabwo ari Umubiligi kandi ntabwo yigeze aba we. Umuntu bashinje agomba kuba ari umuntu wavuye mu ntekerezo utabaho”

Umunyamategeko Alexis Deswaef yatanze ikirego ashingiye ku nyandiko yitiriwe Urwego rw’igihugu rw’ubutasi igaragaza uruhare rwaba rwaragizwe n’uru rwego rukuriwe na Gen Ndaywel rw’ubutasi bwa gisirikare mu iyicwa rya Depite Okende.

Ni inyandiko ariko abayobozi b’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo bateye utwatsi bavuga ko ari impimbano ndetse iyi nyandiko yanyujijwe mu kinyamakuru Jeune Afrique ikaba yarashyize mu mazi abira umunyamakuru Stanislas Bujakera ubu ufunzwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *