Uganda: Abaganga batanu n’ushinzwe gutera ikinya banduye virus ya ebola

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu, abayobozi muri Uganda bemeje ko abaganga batanu (doctors) n’umukozi ushinzwe gutera ikinya bashyizwe mu kato kugira ngo bavurwe nyuma yo kwandura indwara ya virusi ya Ebola (EVD) .

Itsinda rishinzwe kurwanya iyi virusi ya Ebola mu Karere ka Mubende, aho iyi ndwara yabonetse mbere, hamwe n’ishyirahamwe ry’abakora mu buvuzi bo muri Uganda (UMA), bavuze ko aba baganga bafashwe n’uburwayi bandujwe n’abarwayi.

Ntibasobanuye niba kwandura byaratewe no kubura cyangwa gukoresha mu buryo budakwiriye ibikoresho byo kwikingira nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga.

Ku ya 20 Nzeri, nibwo Guverinoma ya Uganda yemeje bwa mbere ko mu Karere ka Mubende hagaragaye Ebola nyuma y’ibipimo byafashwe ku muturage wapfiriye mu bitaro by’akarere umunsi umwe mbere yaho, byagaragaje ko yanduye ebola nyuma yo gusuzumwa n’Ikigo cy’ubushakashatsi kuri virusi cya Uganda (UVRI).

Ni ku nshuro ya gatanu iki cyorezo cya Ebola cyadutse muri iki gihugu, aho icya mbere kandi cyahitanye abantu benshi cyadutse muri Gulu mu 2000, cyahitanye n’umuganga mukuru, Matthew Lukwiya.

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko kuri iyi nshuro kimaze guhitana abantu batanu kuri 24 banduye kandi Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) rivuga ko hagati ya 40 na 90% by’abacyanduye kibahitana, imibare iri hejuru cyane y’abahitanwaga na Covid-19 yahitanaga abagera kuri 3%.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *