Uganda: Abantu 10 barohamye mu kiyaga cya Albert

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19 Ugushyingo 2016, Polisi yo mu gihugu cya Uganda yatangaje urupfu rw’abantu babarirwa mu 10 barohamye mu kiyaga cya Albert ubwo bari mu bwato bwaturukaga mu karere ka Buliisa bwerekeza Kagoya muri kiriya gihugu.
[ad id=”44145″]
Polisi yo muri iki gihugu ikaba yatangaje ko ubu bwato bwari bupakiye cyane bugahura n’inkubi y’umuyaga bityo bikaba aribyo byatumye burohama.
Umuvugizi w’igipolisi cya Uganda Julius Hakiza, yavuze ko ubu bwato bwarohamye ku wa kane w’iki cyumweru dusoza, bukaba bwari bupakiye abantu bagera kuri 21 kandi ataribo bwagenewe. Yagize ati”twabashije kurokora 11, abandi 10 barimo abagore 6 n’abagabo 4 bapfuye.”
[ad id=”44145″]
Si ubwa mbere havugwa irohama ry’ubwato muri iki kiyaga, kuko no mu mwaka wa 2014 abasaga 210 bahitanywe n’umuraba ubwo bavaga muriUganda berekeza muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *