Umudepite utavugwaho rumwe muri Uganda, Francis Zaake yatangaje ko hari abayobozi bakuru barimo gucura umugambi wo kumwivugana.
Mu butumwa yanyujije kuri X, Zaake yagize ati: “Nakiriye amakuru yizewe ku muntu utanga amakuru y’umugambi wo kunyica.”
Ati: “Nabwiwe ko gahunda irimo gutegurwa n’abayobozi mu butegetsi bayobowe n’umuyobozi wa rumwe mu nzego za Guverinoma; Minisitiri mu butegetsi; n’umuyobozi wo mu rwego rwo hejuru mu nzego z’umutekano. ”
Zaake ntiyigeze atangaza umwirondoro w’abayobozi yavuze ko bari inyuma y’ubuzima bwe cyangwa ngo atange ibimenyetso byemeza ibyo avuga nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga.
Ariko, mu bihe byashize, Abagande bagiye bibonera abayobozi bagaragaza ku mugaragaro ubwoba bw’ubuzima bwabo kandi amaherezo bakicwa.
Muri bo harimo uwahoze ari umupolisi, Muhammad Kirumira wigeze kuvuga ati: “Iyo uvuze urapfa. Iyo ucecetse urapfa. Nibyiza kuvuga ugapfa iyo ubutumwa bwageze ku bantu. ”
Kirumira, wanengaga ruswa muri polisi, yarashwe mu 2018.


