Uganda: Imirwano hagati y’abashinzwe umutekano n’abitwaje intwaro yaguyemo byibuze abantu 8

Sangiza iyi nkuru

Urusaku rw’amasasu ruremereye rwumvikanye mu ijoro ryakeye mu bice bya Rwenzori mu gihugu cya Uganda umutwe w’ingabo kabuhariwe wahanganaga n’abantu bitwaje ibirwanisho abantu batari bacye bakahasiga ubuzima. Biravugwa ko byibuze abantu 8 byemejwe ko bapfuye nubwo ngo imibare ishobora kwiyongera.

[ad id=”44145″]

Abayobozi muri guverinoma ntibabashije kuboneka ngo bagire icyo bavuga kuri iyi mirwano, gusa hari abavuga ko igisirikare n’igipolisi bya Uganda byafatanyije mu kugaba ibitero mu bice bya Kamabale A na Karangura mu Karere ka Kabarole, bashaka kumenesha amabandi amaze iminsi ajujubya abaturage baba mu misozi.

Umuvugizi w’igipolisi muri Rwenzori, Lydia Tumushabe yemeje iki gikorwa, avuga ko cyari kigamije kugarura ituze muri iki gice, aho yavuze ko hari udutsiko tw’amabandi dutega abaturage tukabambura bigateza umutekano mucye. Yakomeje avuga ko indiri z’aya mabandi zigaruriwe n’abashinzwe umutekano.

2014_7largeimg207_jul_2014_084810753-703x422

[ad id=”44145″]

Rwenzori ngo ikomeje kurangwamo ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bikorwa n’abantu bitwaje intwaro, aho mu mwaka ushize abarwanyi ba Rwenzururu bateye ikigo cya gisirikare bakirukanwa na za machine gun nk’uko Chimpreports dukesha iyi nkuru ivuga.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *