Uganda: Kizza Besigye ngo arambiwe kwitaba inkiko kwa hato na hato ataburana

Sangiza iyi nkuru

Umunyepolitiki wo muri Uganda Kizza Besigye yatangaje ko arambiwe ibikorwa bya leta ya museveni byo gukomeza kumutumiza mu nkiko kwa hato na hato ndetse rimwe na rimwe ntaburane kuko nta byaha bigaragara aba ahamwa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu kiganiro Besigye yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa 16 Ukuboza 2016, yavuze ko ibyo ari gukorerwa na Museveni bibangamira uburenganzira bwe nk’ikiremwamuntu kuko usanga bamwitambika mu byo agerageje gukora byose.
Ibi yabitangaje nyuma y’uko muri iki cyumweru yatorotse inzego z’umutekano zari zigiye kumufunga zimuziza ibikorwa bias n’ibyo kwiyamamaza akomeza gukorera ahantu hatandukanye mu gihugu.
Ni nyuma kandi y’uko mu cyumweru cyashize uyu Dr Kizza yitabye urukiko rukuru rwa kampala ashinjwa kugambana no gushaka kwangisha abaturage ubuyobozi.
Mu kwezi kwa 7 na none, Dr Bessigye yafunzwe igihe mingana n’amezi 2 nyuma aza kurekurwa nta gikozwe aho muri iki gitondo yongeye kugaragara mu rukiko ariko nabwo ntaburane.
Mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka ubwo Perezida museveni yatorwaga, Dr Besigye nabwo yatawe muri yombi ashinjwa kurahirira ko yabaye Perezida w’igihugu kandi atariwe watsinze amatora.
Iki cyaha ni kimwe mu byaha bikomeye uyu muyobozi w’ishyaka FDC akomeje gukurikiranwaho kugeza uyu munsi.
Dr Kizza wo mu ishyaka ritavuga rumwe na leta akunze kugaragara kenshi yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano muri Ugandaakenshi ashinjwa ibikorwa byo gushaka gusa n’uwigarurira abaturage dore ko yamaze no gutangaza ko azongera akiyamamariza guhangana mu matora y’umukuru w’igihugu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu kwezi gushize nanone, Besigye yongeye gutahuka avuye mu mahanga aho bivugwa ko yari yahunze ariko akigera mu gihguu cye ahita atabwa muri yombi gusa ntiyatinda ahita yogera ararekurwa. Ku itariki ya 13 nabwo uyu mugabo yafunzwe ndetse nyuma yitaba urukiko ashinjwa gushaka kwigarurira abaturage no kubangisha ubuyobozi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *