Umushumba wa katedarali ya Miracle Center mu mujyi wa Kampala, Robert Kayanja, arashimira Imana nyuma y’aho abashinzwe umutekano muri Uganda bateguye igisasu cyari cyatezwe hafi y’urusengero ayobora.
Amakuru yatangajwe na Polisi ya Uganda aravuga ko iperereza ryagaragaje ko umwiyahuzi yari yashyize iki gisasu aha hantu, ateganya kucyinjirana mu rusengero rwa Miracle Center, agaturikana abasengeragamo kuri uyu wa 3 Nzeri 2023.
Hashingiwe ku makuru yatanzwe n’abaturage, Polisi yasobanuye ko yahise yohereza itsinda rizobereye mu guturitsa ibisasu, rirahagera, riragituritsa.
Pasiteri Kayanja yagize ati: “Cyari hafi cyane y’urusengero. Turashimira Imana ku bw’uburinzi yaduhaye, turashimira abashinzwe umutekano. Igisasu ni kibi cyane, cyangiza byinshi. Ubu ni ubutumwa ku bantu bo muri Uganda, babe maso. Iyo hataba ukuba maso, ubu byari gushoboka ko twari kuba turi mu cyunamo. Uyu muntu yari azi ibyo arimo, yazanye igisasu, yari ashaka kwica abantu b’inzirakarengane.
Ukekwaho gushyira aha hantu iki gisasu, Ibrahim Kintu, yamaze gutabwa muri yombi. Polisi ivuga ko hari ibindi bisasu bitatu ashobora kuba yahishe, bityo ko iri kubishaka.
Kuri Kintu, Polisi yagize iti: “Twaganiriye, atubwira ko bamwohereje hamwe n’ibisasu bine. Ari muri kasho yacu, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba.”



