Ishami rishinzwe ubugenzacyaha mu Gipolisi cya Uganda (CID) rwahamagaje umuyobozi w’akarere ka Kisoro, Abel Bizimana, nyuma y’aho aherutse kuvuga ko hari abantu bagerageje kumwica.
Ibaruwa imuhamagaza yo ku itariki ya 30 Nzeri 2021 yashyizweho umukono na Eliab Bairuka, isaba Meya Bizimana kuzitaba ibiro bya CID muri Kisoro ku itariki ya 05 Ukwakira, akagira ibyo abazwa ku byo yatangaje ku mbuga nkoranyambaga ze ko yarokotse nyuma yo kugerageza kumwica.
Bizimana yashyize mu majwi Captain Peter Mugisha, RDC (uhagarariye Museveni mu karere)wa Kisoro kuba inyuma yo kugerageza kumwica ubwo yari ari mu nama mu kabari ko mu Mujyi wa Kisoro mu ijoro ryo kuwa Gatatu nk’uko inkuru twabagejejeho ubushize ivuga.
Igipolisi cyo muri Kisoro cyahakanye ibyatangajwe na Meya Bizimana, ahubwo kimushinja kuba yararenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 arenza amasaha ategetswe yo kugera mu rugo akajya kwifungirana mu kabari, ndetse cyongeraho ko amasasu yavuze yarashwe icyo gihe atarasiwe aho yari ari ahubwo yarasiwe ahandi.
Bizimana ariko nk’uko tubikesha Chimpreports, we yiyemeje gukoresha uyu mwanya ngo ashyire ku karubanda agatsiko avuga ko karimo kumuhiga kuva yakongera gutorerwa kuyobora Akarere ka Kisoro muri Gashyantare.


