Umunyamakuru w’igitangazamakuru Deutsche Press Agentur cyo mu Budage, Henry Waswa yatawe muri yombi azira kurarana n’impunzi zaturutse muri Afghanistan muri hoteli yitwa Imperial Resort Beach Hotel iri i Kampala.
Ibitangazamakuru byo muri Uganda bivuga ko Waswa w’imyaka 60 y’amavuko yatawe muri yombi ku wa Kane tariki ya 26 Kanama 2021, ubwo byari bimaze kumenyekana ko yagiranye ikiganiro n’izi mpunzi.
Umupolisi witwa Jack Omo uri mu bataye muri yombi Waswa, yatangaje ko uyu munyamakuru wari wishyuye hoteli amadolari ya Amerika ($) 167 kugira ngo ayiraremo ijoro rimwe, yatawe muri yombi bisabwe n’abofisiye bakuru.
Umuryango uharanira uburenganzira bw’abanyamakuru muri Uganda, HRNJ-Uganda wamaganye itabwa muri yombi rya Waswa, usobanura ko nta tegeko ryamubuzaga kugirana ikiganiro n’izi mpunzi. Ikindi kandi ngo yafashwe atarasohora iyi nkuru, ukabishingiraho usaba ko arekurwa, agasubizwa n’ibyangombwa bye by’akazi.
Ku wa 25 Kanama 2021 nyuma y’aho Guverinoma ya Uganda yari imaze kwakira icyiciro cya mbere cy’impunzi 51 zaturutse muri Afghanistan, yasabye abanyamakuru kwigengesera ku nkuru bazikoraho.


