Uganda: Urukiko rwakatiye abasore 2 urwo gupfa

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rukuru rwa Luweero muri Uganda rwakatiye abasore 2 igihano cy’urupfu bashinjwa kwica umupolisi muri 2015.

Aba basore barimo Ahamada Ssempala w’imyaka 24 ndetse na Erick Kirya w’imyaka 33 bashinjwa kwivugana Sgt Godfrey Bala muri 2015 bafatanyije n’abandi 7 bo baje kurekurwa nyuma yo kuburirwa ibimenyetso bifatika.

Ubushinjacyaha buvuga ko aba basore bagabye igitero kuri sitasiyo ya polisi ya Kasana ku itariki ya Mbere Mata 2015, bakica uyu mupolisi wari ku kazi barangiza bakanamutwara imbunda.

Aba bagabo kandi bashinjwa gutemagura bakoresheje imihoro undi mupolisi w’umugore witwa Sarah Acan ubwo yageragezaga gukiza mugenzi we wishwe gusa uyu mupolisikazi we akaba yarabashije kurokoka.

Bashinjwa kugirira nabi umupolisi wari mu kazi bamuteye aho yari yibereye, urubanza rwabo rukaba ruzasomwa nyuma  y’iminsi 14 .

Uganda ni kimwe mu bihugu byo mu karere mu gihe bene ibyo bihano bitakirangwa mu bihugu birimo n’u Rwanda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *