Uganda: Yakubiswe yenda gupfa nyuma yo kugerageza gutwika aho bafatira agakawa

Sangiza iyi nkuru

Mu ijoro ryo kuri uyu wa kane rishyira kuri uyu wa Gatanu mu gihugu cya Uganda mu mujyi wa Kampala, umugabo utatangajwe amazina yashatse gutwika ahantu bafatira agakawa hazwi nka Café Javas, hahoze hitwa Nandos, ku muhanda wa Jinja, ariko aza gufatwa atarasohoza umugambi we arakubitwa hafi yo kwicwa.

Nk’uko byatangajwe n’ababibonye, ngo uyu mugabo yaje kuri moto afite akajerekani karimo lisansi afite n’ikibiriti (lighter).

“ Nyuma yo kunyanyagiza lisansi aha hantu hose, yahise afata ikibiriti ashaka kuhatwika ”, uyu ni uwitwa Betty Namukasa, umwe mu bari aho.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Uyu ngo yaje kubonwa na bamwe mu bakiriya bari bari muri Café Javas, maze baramwadukira baramuhondagura bamugira intere.

Capture 4
Nyuma yo gufatwa yakubiswe yenda gupfa

Uyu mugabo hatamenyekanye umwirondoro we nk’uko Chimpreports ivuga, yaje gutabarwa na polisi ihita imujyana mu Bitaro bya Mulago, aho ari kuvurwa ibikomere. Impamvu aatamenyekanya ngo ikaba ari uko bamusatse bagasanga nta kimuranga na kimwe afite.

Umuvugizi wungirije w’igipolisi muri Kampala, Luke Owoyesogire, akaba avuga ko namara gukira ibikomere yatewe azashyikirizwa ubutabera agashinjwa.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *