Uganda yatangiye kwakira ibimenyetso nk’ibya Kenya mbere y’igitero cyahitanye 21

Sangiza iyi nkuru

Igipolis cya Uganda cyasabye abaturage ko badakwiye guha agaciro amakuri cyise atari yo avuga ko hagiye kugabwa ibitero by’iterabwoba muri iki gihugu.

Igipolisi cy’iki gihugu, kuwa Mbere cyatangaje ko aya makuru ahanini ari gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga ari ibihuha.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, CP Fred Enanga mu kiganiro n’abanyamakuru mu Mujyi wa  Kampala yagize ati “ Igihugu nta bitero gifite bizwi, gusa polisi z’izindi nzego z’umutekano zikomeza kugenzura no kuhanahana amakuru n’abandi bo mu karere.”

Uyu muyobozi yahakanye yivuye inyuma ko hari abatawe muri yombi mu gace ka Kisenyi muri Kampala. Yavuze ko inzego zibifitiye bubasha zizatanga amakuru yizewe niba hari ibitero bya nyabyo.

Intangiriro y’uruhara ni amasoso, na Kenya ni uko byatangiye

Nk’uko  Polisi ya Uganda iterura ngo ivuge aho iba yabwiwe ko hazagabwa igitero, muri Kenya naho niko byagenze.  Ikinyamakuru The Guardians gitangaza ko Kenya yari yategujwe, ibwirwa ko hari ibitero birimo gutegurwa ariko yo ngo icanganikishwa n’uko aho bateguzwaga uyu munsi atariho babwirwaga ejo.

Ibi byiyongera ku kuba inzego z’umutekano z’iki gihugu zaracecetse ntizigire icyo zihingukiriza rubanda rusanzwe.

Izindi nkuru wasoma: https://bwiza.com/2019/01/18/al-shabaab-yabanje-gucanganyikisha-inzego-zumutekano-za-kenya-mbere-yo-kugaba-igitero/

Urwego rushinzwe iperereza muri Kenya rutangaza ko integuza rwayibonye ariko rukaba rwari rwiteze kuburizamo ibyo bitero by’iterabwoba kuva  mu kwezi kwa 11.

Umwe mu bakozi b’uru rwego rwa Kenya rushinzwe iperereza utatangajwe amazina, aganira na Associated Press, ngo yatangaje ko abagabye ibitero babanje kubacanga, bakababwira uduce dutandukanye bazatera, ako bababwiye uyu munsi ejo ntibabe ariko bavuga, ibi ngo bikaba byaratumye bacanganirwa.

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

Ntibwaba ari ubwa mbere muri Uganda hagabwe igitero cy’iterabwoba. Muri Nyakanga 2010, ibitero byibasiye Umujyi wa  Kampala bihitana abantu 100 barebaga umukino wa nyuma w’Igikombe cy’isi.

Al Shabaab yigambye igitero cyo muri Kenya. Ivuga ko ari igihano iha ibihugu bifite ingabo mu butumwa bw’amahoro muri Somalia ndetse na Uganda ikaba irimo.

  

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *