UK: Guverinoma yahawe uburenganzira bwo kujuririra icyemezo gihagarika gahunda yo kohereza abimukira

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rw’ubujurire rwo mu bwami bw’u Bwongereza rwahaye guverinoma uburenganzira bwo kujuririra icyemezo rwafashe gihagarika gahunda yo kohereza abimukira batemewe n’amategeko mu Rwanda.

Uru rukiko mu mwanzuro ruherutse gufata, rwavuguruje uw’urukuru, rusobanura ko hari impungenge zifite impamvu, zigaragaza ko aba bimukira barebwa n’amasezerano guverinoma zombi zagiranye muri Mata 2022, bashobora kutazafatwa neza bari mu Rwanda.

Abagize guverinoma, by’umwihariko Umunyamabanga ushinzwe umutekano w’imbere, Suella Braverman, na Minisitiri w’Intebe, Rishi Sunak, batangaje ko bubaha inkiko, ariko ko batemeranya n’urw’ubujurire, bateguza ko bazajurira mu rw’ikirenga.

Kuri uyu wa 13 Nyakanga 2023, uru rukiko rwatangaje ruti “Uburenganzira bwo kujuririra mu rukiko rw’ikirenga buratanzwe.” Gusa rwasobanuye ko mu gihe haratatangwa undi mwanzuro, uwo rwafashe uzakomeza kugira agaciro, ku buryo habaye iyoherezwa ry’abimukira, ryaba ridakurikije amategeko.

Minisitiri Braverman yashimye uburenganzira urukiko rw’ubujurire rwahaye guverinoma, asubiramo ko u Rwanda nirwakira aba bimukira, ruzabafata neza, hashingiwe ku masezerano mpuzamahanga arengera impunzi.

Yagize ati: “Nizera cyane ko iyi gahunda ikurikije amategeko kandi urukiko rukuru n’urw’ubujurire zagaragaje neza ko kohereza abasaba ubuhungiro mu gihugu cya gatatu gitekanye bigomba gukorwa bigendanye n’amasezerano y’impunzi.”

Ikinyamakuru The Independent kivuga ko bishobora kuzatwara amezi kugira ngo hazamenyekane umwanzuro w’urukiko rw’ikirenga kuri iyi gahunda yakabaye yaratangiye gushyirwa mu bikorwa muri Kamena 2022, iyo hatabaho inzitizi zagaragajwe n’urukiko rw’Uburayi rushinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *