Ukraine yatangaje ko yarashe hafi bibiri bya gatatu by’indege zitagira abaderevu 31 zaraye zoherejwe na Moscou kugaba ibitero, cyane cyane mu turere turimo intambara, ariko zibasiye n’umurwa mukuru Kiev mu gitondo.
Ingabo zirwanira mu kirere zagize ziti: “Indege zitagira abadereva 19 za Shahed-136/131 zasenywe. Abarusiya bohereje igice kinini cy’indege zitagira abadereva mu turere tw’imbere ku rugamba”, bongeyeho ko u Burusiya bwakoresheje na misile nyinshi.
Uguturika guhambaye inshuro ebyiri kumvikanye i Kyiv rwagati mbere gato y’uko impanda iteguza ibitero byo mu kirere yumvikanye mu murwa mukuru wa Ukraine, ukunze kwibasirwa na misile z’u Burusiya nk’uko iyi nkuru dukesha Euronews ikomeza ivuga.
Umuyobozi w’umujyi, Vitali Klitschko, kuri Telegram, yagize ati: “Dukurikije amakuru y’ibanze, ubwirinzi bwo mu kirere bwarwanyije intwaro za ballistique. Integuza zirakomeza, mugume mu bwihisho.”
Yongeyeho ati: “Kugeza ubu nta muntu byahitanye.”
Abanyamakuru ba AFP bavuga ko babonye umwotsi wera mu kirere, bishoboka ko wasizwe na misile ebyiri zirasa indege za Ukraine, mbere yo kumva guturika guhambaye inshuro ebyiri.


