Umugabo arashinjwa gusambanya nyina w’imyaka 100 yabanje kumuzirika

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cya Uganda muri Kyoga y’Uburasirazuba cyataye muri yombi umugabo w’imyaka 53 ushinjwa gufata ku ngufu nyina w’umukecuru w’imyaka 100.

Umuvugizi wa Polisi, Fred Enanga, yavuze ko ukekwa akomoka mu mudugudu wa Olitoi, mu Mujyi wa Asamuk, mu Karere ka Amuria.

Igipolisi kiravuga ko amakuru yakusanyijwe kugeza ubu yerekana ko ukekwa yinjiye mu nzu ya nyina akamuzirika amaboko n’amaguru mbere yo kumusambanya ku ngufu.

Umuvugizi wa polisi yabwiye abanyamakuru ati ” Ukekwaho icyaha yari yaratandukanye n’umugore we, ariko ku itariki ya 8 Nzeri, yasubiye iwabo saa tanu z’ijoro asanga nyina yamaze kuryama. Yinjiye mu nzu azirika nyina amaboko akoresheje inzitiramibu mbere yo kumufata ku ngufu. Nyuma yasubiye mu gasantere k’Ubucuruzi ka Asamuk aho yaraye,”

Yongeyeho ko ibyakozwe n’uregwa byarakaje abaturage bo muri ako gace bashatse kumwica ku munsi wakurikiye ariko polisi ikamutabara nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga.

Ati ” Twamwihutanye ku Kigo Nderabuzima cya Asamuk III ngo asuzumwe kandi aho niho tumurindiye,”

Nk’uko bitangazwa na polisi, ngo bageze ahakorewe icyaha basanga umuryango w’inzu wishwe kandi uburiri bwasambagujwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *