Umuhanuzi TB Joshua yapfuye; yaba yabanje kubihishura

Sangiza iyi nkuru

Umuhanuzi Temitope Bolagun Joshua (TB Joshua) wamamaye ku mugabane wa Afurika, yapfuye kuri uyu wa 5 Kamena 2021, bikaba bivugwa ko yabanje kubihishura.

Umuryango TB Joshua Minisitries uyu muhanuzi yashinze ni wo wemereje inkuru y’urupfu rwe mu gitondo cy’uyu wa 6 Kamena 2021 ku rubuga rwa Facebook, uti: “Ni koko Umwami ntacyo akora atabanje kugihishurira ku bakozi be b’abahanuzi.”

Wakomeje usobanura ko mbere y’uko uyu muhanuzi apfa, yabanje kubihishurira mu kiganiro yagiranye na bagenzi be bakorana na televiziyo ye yitwa Emmanuel TV. Uti: “Ku wa Gatandatu tariki ya 5 Kamena 2021, umuhanuzi TB Joshua yavugiye mu nama n’abafatanyabikorwa ba Emmanuel TV ngo ‘igihe cya byose, igihe cyo kuza hano gusenga n’igihe cyo gutaha nyuma yo gukora umurimo kirageze.”

Muri ubu butumwa, uyu muryango wasobanuye neza ko TB Joshua yapfuye. Wagize uti: “Imana yatwaye umugaragu wayo TB Joshua ku bushake bwayo. Ibihe bye bya nyuma ari ku Isi yabigize akorera Imana. Iki ni cyo yavukiye, ni cyo yabereyeho, ni nacyo yapfiriye.”

Ntabwo uyu muryango wigeze uvuga icyishe uyu muhanuzi.

TB Joshua apfuye afite imyaka 57 y’amavuko, abura iminsi 6 ngo yizihize isabukuru y’imyaka 58.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *