Umukecuru w’imyaka 96 wakoranye n’Abanazi yacitse ku munsi w’urubanza

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari umunyamabanga w’inkambi y’Abanazi yakusanyirizwagamo Abayahudi kuri ubu ufite imyaka 96 y’amavuko yaburiwe irengero mu gihe urubanza rwe rwagombaga gutangira kuri uyu wa Kane.

Irmgard Furchner, wari ufite hagati y’imyaka 18 na 19 igihe yakoraga ako kazi akaba atuye mu nzu yagenewe abageze mu zabukuru hafi ya Hamburg, yagombaga kuburanishwa n’urukiko rwihariye rw’urubyiruko kubera “ubufatanyacyaha mu bwicanyi mu manza zirenga 10,000” nk’uko bivugwa n’ubushinjacyaha.

Uyu mukecuru ashinjwa kuba yaragize uruhare mu iyicwa ry’imfungwa zari zifungiye mu nkambi ya Stutth (iri ku ifoto) muri Pologne y’ubu, aho yakoraga nk’umunyamabanga w’umuyobozi w’inkambi Komanda Paul Werner Hoppe, hagati ya Kamena 1943 na Mata 1945.

Perezida w’Urukiko muri Itzehoe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ariko, yatangaje ko ushinjwa yahunze ndetse hasohowe impapuro zo kumuta muri yombi nk’uko iyi nkuru dukesha Euronews ikomeza ivuga.

Umuvugizi w’Urukiko rwa Itzehoe, Frederike Milhoffer yagize ati “ Yavuye mu rugo rw’abageze mu zabukuru muri iki gitondo. Yafashe taxi,”

Umwunganizi we, Wolf Molkentin, yari ari mu rukiko ariko ntacyo yabwiye abanyamakuru.

Umucamanza wateguye urubanza yasabye abari mu rukiko “kwihangana gato” kubera ko itangira ry’urubanza ku wa kane ryasaga naho rishidikanwaho.

Nubwo ushinjwa yafatwa, agomba gukorerwa ibizamini byo kwa muganga kugira ngo hamenyekane niba ashobora gukurikirana iburanishwa.

Niwe mugore wenyine uzaba uburanishijwe mu Budage kubera gukorana n’Abanazi mu myaka mirongo ishize.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *