Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yasabye umutwe witwaje intwaro wa M23 kubahiriza icyemezo wafatiye hamwe na Perezida wa Angola akaba n’umuhuza washyizweho n’umuryango wa Afurika yunze ubumwe, cyo guhagarika imirwano guhera kuri uyu wa Kabiri.
Ni ubusabe Guterres yanyujije ku Muvugizi we, Stéphane Dujarric, kuri uyu wa 6 Werurwe 2023, nk’uko bigaragara mu itangazo riri ku rubuga rw’uyu muryango.
Dujarric yagize ati: “Umunyamabanga Mukuru arashimira umuhate wa Perezida wa Angola na AU Champion for Peace and Reconciliation, João Lourenço hamwe na M23, watumye hatangazwa ihagarikwa ry’imirwano guhera tariki ya 7 Werurwe, hashingiwe ku byemezo by’akanama ka AU gashinzwe amahoro n’umutekano byafatiwe i Addis Abeba muri Ethiopia tariki ya 17 Gashyantare.”
Umuvugizi wa Guterres yakomeje agaragaza ubusabe bw’uwamutumye, ati: “Umunyamabanga Mukuru arasaba M23 kubahiriza ihagarikwa ry’imirwano kugira ngo habeho uburyo bwuzuye kandi bunoze bwo kurekura ibice byose yafashwe mu burasirazuba bwa RDC, hashingiwe ku byemezo byafatiwe mu nama ya Luanda tariki ya 23 Ugushyingo 2022.”
Indi mitwe yitwaje intwaro; yaba iy’Abanyekongo cyangwa se ikomoka mu mahanga, yose yasabye kurambika intwaro nta mananiza.


