Umunsi wa nyuma wo kwiyamamaza kwa Dr Frank Habineza, wafashwe nk’uw’amateka (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije Dr Habineza yakiriwe n’imbaga idasanzwe y’abaturage bo mu karere ka Nyarugenge, umuhango wabereye Nyabugogo ubwo yabagezagaho imigabo n’imigambi ye.
Ni umunsi wa 19 ari na wo wa nyuma wo kwiyamamaza, ku mwanya w’umukuru w’igihugu, aho uyu mukandida yagaragarijwe amarangamutima adasanzwe n’abaturage benshi bo mu karere ka Nyarugenge yasorejemo ibi bikorwa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
RW1 0097
RW1 0124
Iki gikorwa kandi cyaranzwe n’akarasisi k’abatwaye amapikipiki bari baherekeje imodoka y’umukandida na we wagendaga asuhuza abantu, nyuma baza kuruhukira ku kibuga kinini kiri ku nkengero z’umugezi wa Nyabugogo ahazwi nko ku kiraro cy’abasirikare cyambuka kijya mu murenge wa Gatsata.
RW1 0131
Iki kibuga cyari gikikijwe n’imbaga y’abaturage bari baje gutega amatwi umukandida ndetse no kumwereka ko bamushyigikiye, ibi bikaba byatangijwe ku mugaragaro n’ijambo ry’ikaze ry’umukozi mu karere ka Nyarugenge.
RW1 0269
Mu ijambo rye Dr Frank yagejeje ku bari aho, yabanje gushimira abamubaye hafi kuva yatangira ibi bikorwa kugeza ku munsi wa nyuma ndetse abizeza ko bazafatanya kugera kuri byinshi mu gihe bazamutora ubundi bagafatanya kwiyubakira igihugu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
RW1 0176
Yavuze uko ingendo zamugendekeye hirya no hino mu turere aho yagiye akorera ibikorwa nk’ibi ndetse avuga ko uko abibona bimuha icyizere cyo gutsinda amatora.
Aha yibanze cyane ku kibazo cy’abacururiza mu muhanda bazwi nk’abazunguzayi, bibanze cyane muri kariya gace yiyamamarijemo, aba bakaba bataravuzweho rumwe guhera mu myaka yashize bagerageza kubaca mu muhanda ariko na nubu bakaba bakigaragaramo.
Yagize ati”bitarenze mu kwezi kwa Cyenda, buri wese araba afite uburenganzira bwo gukorera aho ashaka kandi mu mudendezo, abacuruza babikore, abatwara abantu n’ibintu babikore neza kandi mu mucyo.”
RW1 0226
Ni muri urwo rwego yababwiye ko azabashyiriraho ibigo bibakurikirana, bagahabwa imyenda n’ibyangombwa bibaranga ku buryo bazanoza akazi ka bo nta wubitambitse.
Yavuze kandi ku kijyanye na caguwa, aho yabijeje ko bakimara kumutora izahita igarukaho ku buryo buri wese azajya abona umwenda mwiza umukwiriye kandi kuri macye.
RW1 0231
Yagize ati”Ubuyobozi bwacu ntibuzaba nka bwa bundi bw’abakire gusa bashaka kwambara bonyine, abakennye ntibabone icyo bambara. Niyo mpamvu caguwa izahita isubiraho buri wese akabasha kujya yambara umwenda ashaka kandi ku giciro cyiza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
RW1 0358
Mu bindi yavuze azageza ku baturage harimo gufunga gereza zitemewe nk’iyo kwa Kabuga, i Kikondo n’izindi abantu bashobora kumaramo igihe basa n’ababuriwe irengero.
RW1 0285
Biteganyijwe ko ku itariki ya Gatatu ari bwo abanyarwanda baba mu mahanga bazatora na ho kuwa Kane hagatora ababa mu Rwanda bityo ibizava mu matora bikazatangazwa.
RW1 0273
Dr Frank ni umwe mu bakandida 3 babashije kuzuza ibisabwa ngo babashe kuba bakomeza ibikorwa byo kwiyamamariza kuyobora igihugu, barimo Paul Kagame watanzwe n’ishyaka FPR ndetse n’umukandida wigenga, Mpayimana Philippe.

RW1 0063
Abaturage ngo bamufite ku mutima

RW1 0170
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *