Umunyamakuru Bob Rugurika wavuzwe nâubushinjacyaha mu rubanza rwa GĂ©nĂ©ral Alain Guillaume Bunyoni ko bateguranye umugambi wo gukura Perezida Evariste Ndayishimiye ku butegetsi bwâu Burundi, arahamya ko Pierre Nkurunziza yapfuye arozwe.
Ubushinjacyaha buherutse kuvuga ko Bunyoni yahaye Rugurika amafaranga kugira ngo amufashe kunoza uyu mugambi, ariko uyu Jenerali we yisobanuye ko ayo yamuhaye yari ayo kugira ngo amufashe gushaka amakuru yâAbarundi 30 bashakishwa nâurukiko mpuzamahanga mpanabyaha, CPI.
Uyu munyamakuru ni we Bunyoni yise umunyantege nke atakwitabaza muri uyu mugambi mu gihe yaba awufite. Ati: âNtabwo nategurana coup dâĂ©tat nâumusivili wâumunyantege nke uri mu bilometero 6000 uvuye mu Burundi.â
Rugurika ubwa mbere yari yatangaje ko ntacyo avuga ku âbinyomaâ byamuvuzweho mu rukiko, kuko ngo dosiye ya Bunyoni ihishe byinshi ku buryo byose bigiye ku karubanda, byateza akaduruvayo mu butegetsi bwâu Burundi. Yasobanuye ko ari yo mpamvu byageze aho urubanza rwakomereje mu muhezo.
Uyu munyamakuru usanzwe ari nâumuyobozi wâikinyamakuru RPA cyatangarijweho âcoup dâĂ©tatâ yapfubye mu Burundi muri Gicurasi 2015, yatangaje ko ubutegetsi bwatangaje ko urupfu rwa Pierre Nkurunziza rwabaye tariki ya 8 Kamena 2020 rwatewe nâindwara yâumutima, ariko ngo yararozwe.
Yakomeje asobanura ko RPA yakoze ubucukumbuzi ku rupfu rwa Nkurunziza kandi ko yashoboye kubona ibyemezo byo kwa muganga bigaragaza amakuru nyakuri. Ati: âRadio RPA yabonye bimwe mu byemezo bigaragaza ko Petero Nkurunziza yishwe ahawe uburozi. Ayandi makuru twamenye ni uko urupfu rwa Nkurunziza rwagombaga gukurikirwa nâiyicwa ryâabandi bantu. Ibyo byemezo byo turabifite.â
Uyu munyamakuru yatangaje ko Nkurunziza yishwe na bamwe bari bafatanyije kuyobora u Burundi, ariko ngo si ngombwa ko avuga amazina yâababikoze. Icyo asaba ni uko ubutegetsi bwavuga ukuri ku cyahitanye uyu Mukuru wâIgihugu.




One Response
Umunyamakuru wavuzwe mu rubanza rwa Bunyoni yashyize hanze amabanga ku rupfu rwa Nkurunziza
Ubundi kwisi ntabanga nibyakorewe mumwijima bizajakukarubanda.